00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nzotanga yerekeje muri Police FC

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 11 July 2025 saa 08:37
Yasuwe :

Myugariro w’iburyo, Ndayishimiye Dieudonné uzwi nka Nzotanga, yerekeje muri Police FC yasinyiye amasezerano y’imyaka ibiri.

Uyu mukinnyi wari umaze imyaka itanu muri APR FC, yashyize umukono ku masezerano kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Nyakanga 2025.

Ndayishimiye wifuzwaga na Rayon Sports, azahanganira umwanya na Nsengiyumva Samuel iyi kipe yaguze imukuye muri Gorilla FC.

Yabaye umukinnyi wa gatanu, Police FC yaguze muri iyi mpeshyi nyuma ya Nsengiyumva Samuel, Iradukunda Moria, Gakwaya Leonard, Kwitonda Alain Bacca na Niyigena Abdoul yazamuye avuye muri Interforce FC.

Mbere yo kujya muri Ikipe y’Ingabo, Nzotanga yakiniye AS Muhanga yigaragarijemo cyane.

Ndayishimiye Dieudonné yasinye amasezerano y'imyaka ibiri muri Police FC
Ndayishimiye Dieudonné yari amaze imyaka itanu muri APR FC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages