00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyuma y’imyaka 24, Argentina igeze muri ½

Yanditswe na

Tity Thierry Kayishema

Kuya 5 July 2014 saa 09:16
Yasuwe :

Igitego cya Gonzalo Higuaín yatsinze u Bubiligi ku munota wa 8 gitumye babona itike ya ½ cyirangiza mu gikombe cy’Isi baherukaga mu 1990, izahura kuri uyu wa Gatatu n’iyitsinda hagati y’u Buholandi na Costa Rica.
Argentina yakinaga umukino wa 50 n’ikipe y’i Burayi aho yatsinzemo imikino 21 igatsindwa 16, baherukaga gusezerera u Bubiligi mu 1986 babutsinze ibitego 2-0 bya Diego Maradona.
Higuaín yaherejwe umupira na Ángel di María, waje kuva mu kibuga avunitse, atera ishoti mu izamu rya (…)

Igitego cya Gonzalo Higuaín yatsinze u Bubiligi ku munota wa 8 gitumye babona itike ya ½ cyirangiza mu gikombe cy’Isi baherukaga mu 1990, izahura kuri uyu wa Gatatu n’iyitsinda hagati y’u Buholandi na Costa Rica.

Argentina yakinaga umukino wa 50 n’ikipe y’i Burayi aho yatsinzemo imikino 21 igatsindwa 16, baherukaga gusezerera u Bubiligi mu 1986 babutsinze ibitego 2-0 bya Diego Maradona.

Higuaín yaherejwe umupira na Ángel di María, waje kuva mu kibuga avunitse, atera ishoti mu izamu rya Thibaut Courtois. Ni igitego cya mbere, Higuaín atsindiye Argentina mu mikino 6 ishize.

Higuaín yatsinze igitego ku munota wa 8 gituma Argentina igera muri 1/2 nyuma y'imyaka 24
Higuaín yari amaze imikino 6 adatsinda mu gikombe cy'Isi, yatsinze igitego cya 5 anganya na Messi
Higuaín yatsinze igitego ku mupira yari ahawe na Ángel di María

Higuaín yatsinze igitego cya 5 mu gikombe cy’Isi anganya na Lionel Messi nubwo we amaze gukina imikino 9 kuri 13 ya Messi.

Mu gice cya mbere, u Bubiligi bwakiniraga inyuma cyane byatumye butera ishoti rimwe rukumbi mu izamu rya Argentina.

Kugera ku mukino wa 5, u Bubiligi bwari butaratsinda igitego mu gice cya mbere, ibitego byabo byabonetse nyuma y’umunota wa 70.

Romelu Lukaku na Dries Mertens binjiye basimbuye, bari batsinze ibitego ubwo batsindaga Algeria, bahinduye umukino, u Bubiligi butangira gusatira.

Ángel di María yagize ikibazo cy'imitsi ku kuguru arasimburwa
Byahise byemezwa ko atazongera gukina umukino w'igikombe cy'Isi 2014

Vertonghen yaje guhereza Fellaini ateye umutwe unyura hejuru y’izamu rya Sergio Romelo.

Mbere y’uko umukino urangira, Messi yabonye uburyo bwo gutsinda igitego asigaranye n’umunyezamu, umupira uwugarura neza.

Lukaku yashobora gutuma aya makipe akina iminota 30 y’inyongera ariko ahereje Axel Witsel awutera hejuru.

Lionel Messi yujuje imikino 91 mu ikipe y’igihugu n’ibitego 42 anganya na Diego Maradona we yatsinze ibitego 34.

Umupira wakubise umutambiko rwarwaje muzungaumutoza wa Argentina Alejandro Sabella

Argentina isanze Brazil muri ½, bwa mbere mu gikombe cy’Isi aya makipe y’amakeba muri Amerika y’Epfo akaba ashobora guhurira ku mukino wa nyuma tariki ya 13 Nyakanga 2013 kuri Maracana.

Uyu mukino usize Umunyakenya Divock Origi ukinira u Bubiligi abaye umukinnyi muto ukinnye imikino ya ¼ (imyaka 17 n’iminsi 78) umuhigo wari ufitwe na Pele yakoze tariki ya 19 Kamena 1958 ubwo yari afite imyaka 17 n’iminsi 239.

Kuwa Gatatu saa 22.00, Argentina izahura n’iyatsinze hagati ya Costa Rica n’u Buholandi kuri Arena de São Paulo.

Higuaín yabaye umukinnyi mwiza w'umukino
Abafana ba Argentina bari benshi ugereranyije n'Ababiligi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages