00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ntwari Fiacre yabonye ikipe nshya muri Afurika y’Epfo

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 10 July 2026 saa 03:28
Yasuwe :

Umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Ntwari Fiacre ukinira Kaizer Chiefs yatijwe muri Kruger United FC yazamutse mu Cyiciro cya Mbere muri Afurika y’Epfo.

Ntwari ni umwe mu banyezamu beza bari muri Afurika y’Epfo, ariko ntabwo yagize ibihe byiza mu mwaka we wa mbere muri Kaizer Chiefs kuko atabonye umwanya uhagije wo gukina.

Kutabona umwanya wo gukina byiyongereyeho kugira imvune yatumye atongera kujya mu kibuga, gusa nyuma yo gukira ikipe ye yemeye kumutiza umwaka umwe muri Kruger United FC.

Kruger United FC ni imwe mu makipe yitwaye neza mu mwaka ushize w’imikino wa 2025/26, dore ko ari yo yegukanye Igikombe cya Shampiyon y’Icyiciro cya Kabiri.

Mbere y’uko uyu mukinnyi ajya muri iyi kipe yavuzwe mu yandi makipe arimo ayo muri Arabie Saoudite no muri Kazakhstan.

Ntwari yakuriye mu irerero rya APR FC aranayikinira, imutiza muri Marine FC, aho yavuye yerekeza muri AS Kigali mbere yo kujya gukina hanze y’u Rwanda.

Ntwari Fiacre yavuye muri Kaizer Chiefs yamutije muri Kruger United FC
Ntwari Fiacre yabonye ikipe nshya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages