AS Kigali ni imwe mu makipe ataragize umwaka w’imikino w 2025/26 mwiza, kuko yahuye n’ibibazo by’imiyoborere, bikajyana n’umusaruro nkene nyamara yari imwe mu makipe ahatanira itike yo gusohokera u Rwanda.
Mu kurushaho kwiyubaka kugira ngo izitware neza mu mwaka w’imikino wa 2026/27, ikomeje kongera imbaraga mu bakinnyi, aho iri gusinyisha abashya ikanongerera amaszerano abza yari isanganywe.
Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 23 Kamena 2026, iyi kipe y’Umujyi wa Kigali yatangaje ko yasinyishije Ntarindwa Aimable uzayifasha mu bwugarizi, nyuma yo gukina imikino umunani muri BK Pro League mu mwaka ushize.
Abaye umukinnyi wa gatanu wongewe muri iyi kipe. Abandi ni Umunya-Nigeria, Daniel Ikapo Kalu, Munyemana Alexandre, Niyigena Emmanuel, Hoziana Kenedy.
Yongereye kandi amasezerano ya Uwiduhaye Saidi, Nshimiyimana Tharcisse, Kanuma Pascal na Ndikuriyo Patient.
Aba bakinnyi bose bazakorana na Bisengimana Justin uherutse kugirwa Umutoza Mukuru, kugira ngo azayitoze mu myaka ibiri iri imbere, asimbuye Mbarushimana Shaban.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!