00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nshimiyimana Canisius yagizwe Umutoza Mukuru w’Amagaju FC

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 8 July 2026 saa 07:41
Yasuwe :

Nshimiyimana Canisius wahoze ari Umutoza Mukuru wa Mukura VS, yagizwe umutoza mu Ikipe y’Amagaju FC, akazungirizwa na Hakizimana Jean Baptiste wari uyisanzwemo.

Ku wa Kabiri, tariki 7 Nyakanga 2026, ni bwo Amagaju FC yifashishije imbuga nkoranyambaga zayo itangaza abatoza bazayifasha mu mwaka utaha w’imikino wa 2026/27.

Umutoza Mukuru w’Amagaju azaba ari Nshimiyimana Canisius, aho yasimbuye Umubiligi Sghir Hammadi watozaga iyi kipe kuva muri Gashyantare 2026.

Mu mwaka ushize wa 2025/26, Nshimiyimana Canisius yafashije Mukura VS yo mu Karere ka Huye gusoreza ku mwanya wa karindwi n’amanota 47.

Agiye mu Amagaju yagize umwaka mubi, aho yari mu makipe arwana no kutamanuka mu Cyiciro cya Kabiri.

Usibye uyu mutoza, Amagaju FC yatangaje ko yongereye amasezerano umutoza wungirije Hakizimana Jean Baptiste, ndetse na Maniraguha Nicolas utoza abanyezamu.

Nyuma yo gusinyisha abatoza, iyi kipe irashaka abakinnyi bashya bazayifasha muri BK Pro League 2026/27. Mu bo yifuza harimo Fiston Poty Masimango wakiniraga Muhazi United na Nicholas Sebwato wari umunyezamu wa Mukura VS.

Nshimiyimana Canisius yagizwe Umutoza w'Amagaju FC
Maniraguha Nicolas yongereye amasezerano yo kuba umutoza w'abanyezamu w'Amagaju
Hakizimana Jean Baptiste yongereye amasezerano nk’umutoza wungirije w'Amagaju FC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages