00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umusifuzi wakubise umukinnyi wa Mukura VS yasabye imbabazi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 18 May 2026 saa 08:38
Yasuwe :

Umusifuzi Nsengiyumva Jean Paul wateye umugeri mu bugaboo bwa myugariro wa Mukura VS, Mbonyamahoro Serieux, agahagarikwa amezi 12, yasabye imbabazi ku myitwarire idahwitse yagaragaje.

Ni mu ibaruwa yanditse ku Cyumweru, tariki ya 17 Gicurasi 2026, ayandikira ubuyobozi bw’Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda (FERWAFA), ubwa BK Pro League, ubwa Mukura VS, ubwa Komisiyo ishinzwe abasifuzi, ubw’Ishyirahamwe ry’Abasifuzi mu Rwanda (ARAF), Mbonyamahoro Serieux n’abakunzi b’umupira w’amaguru bose.

Yagize ati “Nanditse iyi baruwa nsaba imbabazi ku myitwarire idahwitse nagaragaje mu mukino w’Umunsi wa 29 wahuje Mukura Victory Sports na Rutsiro FC, ku itariki ya 3 Gicurasi 2026, aho nakoze igikorwa kigayitse muri uwo mukino.”

“Mbanje gusaba imbabazi byimazeyo umukinnyi Mbonyamahoro Serieux ukinira Mukura VS, kuko bitari bikwiye ko umusifuzi agira imyitwarire nk’iriya. Ndasaba imbabazi Mukura VS, FERWAFA, BK Pro League, ndetse n’ubuyobozi bushinzwe abasifuzi kuko imyitwarire nagaragaje yagaragaje isura mbi.”

Nsengiyumva yongeyeho ko ibyo yakoze ari ikosa rikomeye mu buryo butateguwe, anizeza Abanyarwanda bose ko bitazongera ukundi.

Yavuze ko yiteguye gukurikiza amategeko y’umukino, kubaha abakinnyi no kurangwa n’imyitwarire myiza iranga umusifuzi nyawe.

Komisiyo ishinzwe Imisifurire yateranye ku wa Mbere, tariki ya 4 Gicurasi 2026, yasanze Nsengiyumva wari umusifuzi wa kabiri wo ku ruhande, yaragaragaje imyitwarire idahwitse idahuye n’inshingano, ahanishwa guhagarikwa amezi 12.

Abandi basifuzi bari kuri uwo mukino bahanwe ni Nshimiyimana Rémy Victor wari umusifuzi wo hagati, wahanishijwe guhagarikwa imikino itanu, dore ko yahamwe n’amakosa yo gutanga penaliti ebyiri zitarizo kuri Rutsiro FC, ndetse ntiyabasha kuyobora umukino ngo ugende neza muri rusange nk’uko yabisabwaga.

Nsengiyumva Jean Paul wari mu basifuye umukino wa Mukura VS na Rutsiro FC, agahagarikwa umwaka wose yasabye imbabazi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages