00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Norvège yatwaye ibilo 1000 by’ibiribwa mu Gikombe cy’Isi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 2 July 2026 saa 06:27
Yasuwe :

Ikipe y’Igihugu ya Norvège iri mu makipe 48 yagiye mu Gikombe cy’Isi cya 2026, yijyaniye ibyo kurya birenga ibilo 1000, mu rwego rwo kwirinda imirire mibi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Imirire ni kimwe mu byitabwaho n’aba-sportifs, byagera ku bakinnyi b’umupira bikaba akarusho kuko barya ibiryo bikungahaye ku ntungamubiri zitandukanye ndetse bikabafasha no kongera imbaraga.

Ikipe y’Igihugu ya Norvège, igizwe n’abakinnyi biyitaho cyane, dore ko rutahizamu wayo ngenderwaho, Erling Haaland, mu busanzwe arya ibirimo inyama zokeje zirimo umutima n’umwijima, kugira ngo akomere ndetse umubiri we uruhuke vuba nyuma yo kuva mu kibuga.

Uyu mukinnyi ba bagenzi be bari mu Gikombe cy’Isi cya 2026 kiri kubera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexique na Canada, ndetse bageze muri ⅛.

Mbere y’uko iyi kipe ijya muri iri rushanwa, imirire yayitayeho cyane, kuko yajyanye toni 1 irenga y’ibiribwa, dore ko intungamubiri ziri mu biribwa byo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitemewe mu bihugu bimwe na bimwe.

Muri ibyo bilo birenga 1000 Norvège yajyanye, harimo ibilo 300 by’amafi ya Salmon, ibizwi nka za ‘Saldines’. Hari ibilo birenga 180 bya ‘flomage’ z’ubwoko butandukanye, ibilo 100 by’inyama z’amafi zizwi nka ‘Halibut’ n’amaronji 6000.

Usibye ibi biribwa, iyi kipe yatwaye n’abatetsi babiri bihariye bagomba gukurikirana imirire y’abakinnyi bayo.

Ikipe y'Igihugu ya Norvège yageze muri 1/8 cy'Igikombe cy'Isi
Flomage ni kimwe mu byo Norvège yajyanye mu Gikombe cy'Isi cya 2026
Abakinnyi ba Norvège barya byihariye kugira ngo bakomeze kugira umubiri mwiza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages