00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Niyigena Clément yavuze ku mvune ye, kujya muri Al-Hilal no gukina na Rayon Sports

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 30 April 2026 saa 07:45
Yasuwe :

Myugariro w’Ikipe ya APR FC, Niyigena Clément, yavuze ko ataramera neza 100% ku buryo yakina umukino uzabahuza na Rayon Sports ku wa Gatandatu, ariko icyemezo cya nyuma kizafatwa n’abatoza.

Niyigena ntiyakinnye umukino uheruka wa Mukura VS muri Shampiyona, aho havuzwe imvune, abandi bakavuga ko yanze gukina ku bushake.

Uyu mukinnyi yari mu bitabiriye imyitozo ya APR FC kuri uyu wa Kane, ku Kibuga cya Stade Ikirenga i Shyorongi ndetse imyitozo yose yayikoze irarangira.

Abajijwe impamvu atakinaga ndetse niba kuri ubu yiteguye gukina umukino wa Rayon Sports uzaba ku wa Gatandatu, Niyigena yavuze ko ataramera neza 100% ariko icyemezo kizafatwa n’umutoza.

Ati “Mu minsi ishize ntabwo nari meze neza. Ku kuba nakina kuri Derby cyangwa sinkine, hazaba hasigaye gahunda z’umutoza. Ntabwo navuga ko ndi 100% mu kuba meze neza. Imyitozo ntabwo yari hejuru nta no kugongana cyane kuba kurimo, bitandukanye no mu mukino.”

Uyu mukinnyi wanenze abamutangajeho amakuru atandukanye badafitiye gihamye, yashimangiye ko yari yagize imvune y’akagombambari.

Abajijwe ku mukino bazahuramo na Rayon Sports, akenshi uba wavugishije benshi, ndetse bakaba barayitsinze mu mikino itatu iheruka kubahuza, Niyigena yavuze ko kuri iyi nshuro uzaba utandukanye.

Ati “Ni umukino ukomeye utavuga ngo uzarangira gutya, ni umukino mujya mu kibuga mugakina, uwiteguye neza agatsinda. Rayon Sports ni ikipe twahuraga itaramenyerana, hari abakinnyi bashya, ntekereza ko umukino tugiye gukina uzaba ufite ishusho itandukanye.”

Ku bijyanye n’amakuru avuga ko yamaze gusinyira Al-Hilal SC yari yamwifuje muri Mutarama ariko ntibikunde ko ayerekezamo, Niyigena yagaragaje ko kuba yakinira iyi kipe yo muri Sudani bigishoboka.

Ati “Ntabwo nabivugaho ibintu byinshi, Al-Hilal yari yanyifuje, biza kurangira bidakunze. Icyari gisigaye ni uko bategereza amezi atandatu yari asigaye, babona bakinkeneye tukavugana. Ku byo twari twavuganye mbere byari byahagaze.”

Ku kuba APR FC akinira uyu munsi, yo baraganiriye ngo yongere amasezeano, Niyigena yagize ati “Ntabwo turavugana.”

Niyigena Clement uri gusoza amasezerano muri APR FC, yavuze ko nta biganiro aragirana na yo byo kuyongera

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages