00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nigeria yahize kuyobora itsinda ry’u Rwanda mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 9 October 2024 saa 02:12
Yasuwe :

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Nigeria, Alhaji Ibrahim Gusau, yasezereranyije abakunzi ba Super Eagles ko nubwo batangiye nabi amajonjora y’Igikombe cy’Isi, ikipe yabo izaba iri mu zizahagararira Afurika muri iryo rushanwa rizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ifatanyije na Mexique na Canada.

Iyi kipe iri mu itsinda riyobowe n’u Rwanda n’amanota arindwi, aho yashoboye kunganya imikino itatu gusa ndetse ikanatsindwa na Benin mu mikino ine y’amajonjora yo kujya mu Gikombe cy’Isi.

Ibi bikaba biyishyira ku mwanya wa gatanu mu itsinda n’amanota atatu, aho irushwa ane n’ibihugu by’u Rwanda, Afurika y’epfo na Benin. Aha ariko, perezida wa NFF, Gusau yavuze ko icyizere ari cyose.

Yagize ati "Mfite icyizere cyinshi ko tuzabona itike y’Igikombe cy’Isi gitaha cya 2026. Ndabizi ko twatangiye nabi ariko iyo urebye uko duhagaze kuri ubu, ubona ko turi gutera imbere.”

Nigeria ikazongera gukina imikino y’amajonjora y’Igikombe cy’Isi yakirwa n’u Rwanda muri Werurwe 2025 aho mu gihe yatakaza uyu mukino, yakwisanga irushwa n’Amavubi amanota arindwi mbere yo guhura mu mukino wo kwishyura na wo uzakinwa muri uko kwezi.

Ibi bihugu byombi kandi biri kumwe mu itsinda mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika, aho Nigeria iheruka kunganya ubusa ku busa n’u Rwanda kuri Stade Amahoro, ikaba igiye kwakira Libya mu mikino ibiri izakinwa guhera kuri uyu wa Gatanu, mu gihe uwo kwishyura uri ku wa Gatatu w’icyumweru gitaha muri Libya.

Nigeria n'u Rwanda byari byanganyije 0-0 mu gushaka itike yo kujya mu Gikombe cya Afurika
Amavubi ayoboye itsinda C mu gushaka itike y'Igikombe cy'Isi nyuma yo gutsinda Lesotho muri Kamena uyu mwaka
Nigeria yizeye guhera ku mukino w'u Rwanda ihindura byinshi mu itsinda C ryo gushaka itike y'Igikombe cy'Isi
Ikipe ya Libya ifitanye umukino na Nigeria kuri uyu wa Gatanu ni uku yakiriwe ku kibuga cy'indege

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages