00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nigeria: Umukinnyi yajyanwe muri ‘morgue’ ari muzima

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 12 August 2026 saa 07:05
Yasuwe :

Umukinnyi wa Katsina United yo muri Shampiyon y’Icyiciro cya Mbere muri Nigeria, Ozor Chinedu, yaguye mu kibuga ajyanwa kwa muganga bemeza ko yapfuye, ajyanwa mu buruhukiro (morgue) nyamara yari akiri muzima.

Mu masaha ya mu gitondo yo ku wa Kabiri, tariki ya 11 Kanama 2026, ni bwo Katsina United yakinnye na Niger Tornadoes Football Club mu mukino wa gicuti wo kwitegura umwaka w’imikino wa 2026/27.

Muri uyu mukino haje kuba ikibazo, aho myugariro ukina ku ruhande rw’iburyo muri Katsina United, Ozor Chinedu, yagiraga ikibazo akitura hasi bisaba ko imbangukiragutabara imwihutana kwa muganga.

Akigezwa ku bitaro bya K-Dara Specialist Hospital, ikipe ye yemeje ko uyu mukinnyi w’imyaka 27 yapfuye, kuko yari yajyanwe muri ‘morgue’.

Amakuru ya hafi mu muryango we yatangajwe n’ibinyamakuru byo muri Nigeria, byavuze ko igihe yari yagejejwe muri ‘morgue’, basubiye kumureba asa n’unyeganyeza ukuboko, basuzumye neza basanga aracyari muzima.

Ozor Chinedu wari umukinnyi mushya muri Katsina United mu bo yongeyemo uyu mwaka, bahise bamushyira mu bitaro ndetse bamushyiraho n’ibyuma bimwongerera umwuka.

Mbere y’uko ajya muri iyi kipe yari asanzwe akinira Kano Pillars FC.

Ozor Chinedu yaguye mu kibuga ajyanwa muri ‘morgue’ nyamara yari akiri muzima

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages