00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nidutsinda Cap Vert bizaba bigaragara ko dushobora kujya mu Gikombe cy’Isi- Shema Fabrice

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 17 June 2026 saa 08:49
Yasuwe :

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Shema Ngoga Fabrice, yagaragaje ko Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ izagaragaza ubushobozi bwayo bwo gukina Igikombe cy’Isi mu gihe yazatsinda Cap Vert biri mu itsinda rimwe ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika.

Shema Fabrice ni umwe mu bayobozi b’amashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika bari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yagiye gukurikira imwe mu mikino y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Aha ni ho yahuriye n’abanyamakuru ba B&B Fm Kigali, bagirana ikiganiro cyihariye ku cyizere gihari cy’uko amateka yazandikwa, Amavubi na yo agakina iri rushanwa ry’amakipe y’ibihugu akomeye ku Isi.

Shema Fabrice yatanze urugero kuri Cap Vert yitabiriye irushanwa bwa mbere, ndetse ku mukino wayo wa mbere igahita inganya na Espagne iri mu makipe akomeye ku Isi 0-0.

Ati “Turabyizera cyane, ngira ngo ni ugukora cyane kandi tukizera ko aho abandi bagera batagerayo kuko ari ko bwacyeye, ahubwo barabikorera. Turizera ko tugomba kubikorera kugira ngo natwe tubashe kuzahagera.”

“Kubona uko Cap Vert ihagaze ku rutonde rw’uko amakipe akurikiranye ku Isi muri FIFA, ikina n’ikipe ya kabiri ku Isi, ni ikintu tugomba kwizera. Tuzakina na yo mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika. Nidutsinda Cap Vert, bizaba bigaragara ko dushobora kugera mu Gikombe cy’Isi.”

Shema Fabrice kandi ari mu bitabiriye inama y’ubuyobozi bwa FIFA yiga ku mupira w’amaguru ‘2026 FIFA Executive Football Summit’ yabereye i Miami muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, iri mu Itsinda K na Mali, Cap-Vert na Liberia, mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027 kizabera muri Tanzania, Kenya na Uganda.

Shema Fabrice ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho ari no gukurikira imikino y'Igikombe cy'Isi
Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice, yizeye ko Amavubi yazakina Igikombe cy'Isi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages