00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ni urugendo ntangiye- Nduwayo Alexis watsinze igitego cya mbere muri APR FC

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 26 April 2026 saa 12:11
Yasuwe :

Myugariro ukiri muto w’Ikipe ya APR FC, Nduwayo Alex, yavuze ko yashimishijwe no kwitwara neza mu mukino we wa kabiri muri Shampiyona y’u Rwanda akinira iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu, aho yatsinze kimwe mu bitego 3-0 batsinze Mukura VS ku wa Gatandatu.

Muri uyu mukino w’Umunsi wa 28 wa BK Pro League wabereye kuri Stade Kamena, Nduwayo Alexis yatsinze igitego cya gatatu ku munota wa 61, ku mupira wari uvuye muri koruneri yatewe na Ruboneka Bosco.

Ni cyo gitego cya mbere uyu mukinnyi yari atsinze ndetse ni ubwa kabiri yari agiriwe icyizere cyo kubanza mu kibuga ku ruhande rwa APR FC, mu mikino ya Shampiyona.

Umukino we wa mbere ni uwo APR FC yatsinzemo Marine FC ibitego 2-1 mu mikino ibanza.

Nyuma y’umukino wo ku wa Gatandatu, Nduwayo yabwiye itangazamakuru ati “Ni urugendo ntangiye, ni ugukora cyane nkakomeza. Bari kumpa amahirwe kandi nanjye ngomba kuyabyaza umusaruro.”

Uyu mukinnyi yashimangiye ko bagenzi be bose bamufasha kugira ngo abashe kwitwara neza.

Nduwayo yabonye umwanya wo gukina ku wa Gatandatu nyuma y’uko Niyigena Clément afite imvune naho Nshimiyimana Yunussu akaba yari yujuje amakarita atatu y’uyu muhondo.

Uyu mukinnyi wavuye muri Gasogi United mu mpeshyi, nyuma y’amezi make agahamagarwa mu Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, ari mu bagize umukino mwiza kuri Stade Kamena aho yafatanyaga mu bwugarizi na Ishimwe Abdoul.

Byari ibyishimo bidasanzwe kuri Nduwayo Alexis watsinze igitego cya gatatu cya APR FC kuri Stade Kamena
Nduwayo yakinaga umukino we wa kabiri muri Shampiyona kuva ageze muri APR FC
Hakim Kiwanuka watsinze igitego cya kabiri, ashimira Nduwayo Alexis wahise apfukama mu kibuga nyuma yo gutsinda igitego
Ruboneka Bosco ashimira Nduwayo Alexis watsinze ku mupira wa koruneri yari amaze gutera
Ishimwe Abdoul wakinanaga na Nduwayo mu bwugarizi, yagaragaje ko yishimiye kubona atsinda igitego
Abakinnyi benshi ba APR FC bishimiye kubona uyu mukinnyi atsinda
Nduwayo ari kumwe na Ruboneka wateye umupira wavuyemo igitego yatsinze

Amafoto: Umwari Sandrine

Video: Ndacyayisenga Emmanuel


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages