Ku Cyumweru, tariki ya 23 Ugushyingo 2025, ni bwo kuri Kigali Pelé Stadium hazabera umukino w’Umunsi wa Munani wa Shampiyona y’u Rwanda uzahuza Rayon Sports na AS Kigali.
Mu myitozo itegura uyu mukino ya AS Kigali, Umutoza Mukuru wayo, Mbarushimana Shaban, yavuze ko ibibazo by’amikoro byari mu ikipe bagerageje kubikemura.
Ati “Ikipe imeze neza muri rusange, nta kibazo cyatubuza kwitegura Rayon Sports dufite. Mu mwaka habaho ibihe bibi, ariko icyo navuga ni uko ari igihe turi busohokemo.”
“Ntabwo ari byiza 100% kuko kuri iyi Si ni ko bigenda, ntiwabaho nta kibazo ufite, gusa iyo ntiyaba impamvu. Ukurikije aho tuvuye, si bibi cyane byatuma tugira umusaruro mubi. Kuba Rayon Sports yaratsinzwe umukino uheruka, ni nk’uko natwe turi habi, ni intare ebyiri zakomeretse.”
Umuyobozi w’Agateganyo wa AS Kigali, Dr. Rubagumya Emmanuel, yemeje ko nta kirarane na kimwe abakinnyi baberewemo, bityo biteguye gutsinda.
Yagize ati “Abakinnyi bacu nta kirarane na kimwe cy’umushahara tubafitiye. Barishyuwe yose kandi n’agahimazamushyi kari hejuru kugira ngo batsinde uyu mukino.”
AS Kigali iri ku mwanya wa 14 n’amanota atanu ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Rwanda, ikaba izahura na Rayon Sports ya kabiri n’amanota 13.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!