Uyu mugabo yabigarutseho mu ihererekanyabubasha ryahuje inzego zasheshwe na Komite y’Inzibacyuho iyobowe na Murenzi Abdallah.
Twagirayezu yavuze ko igihe yamaze ku buyobozi ari ubunararibonye bwiza buzamufasha no mu bundi buzima.
Ati “Ni umwanya wo kugira ngo twubahirize cyangwa dushyire mu bikorwa itegeko rya RGB yasabye ko inzego za Rayon Sports ziba zihagaritswe by’agateganyo."
“Ni umwanya mwiza, ni ubunararibonye bwiza nakuye muri Rayon Sports, mu byo nakoze, mu byo nabonye no mu byo nta rinzi muri Rayon Sports. Bizamfasha no mu buzima busanzwe, ni igipimo cyiza muri uyu mwaka maze cyo kwirebaho ubwanjye, ubwihangane, kuzuza inshingano, gukora, ni ubundi bunararibonye."
Yakomeje agira ati “Ni indi shusho nabonye y’umupira w’amaguru mu Rwanda kuko burya ikintu ukimenya iyo ukigiyemo.”
Twagirayezu yagize umwaka ugoye ku buyobozi bwe kuko yabuhawe yitezweho byinshi cyane ko abahoze bayobora iyi kipe bari bayisubijwe nyuma y’imwaka ine bityo abakunzi bayo bari bayitezeho gusubira ku gasongero ariko ntabwo ariko byagenze.
Ku rundi ruhande, Visi Perezida w’Inama y’Ubutegetsi, Rwagacondo Emile yagaragaje ko ibibazo banyuzemo aribo babyiteye.
Ati “Twaciye mu bibazo byinshi cyane ariko ni isomo byaduhaye. Iyi komite igiyeho izahere ku byiza twakoze ariko inakosore amakosa yabayeho. Ntababeshye ni ubwa mbere twishyize hanze, amabanga y’ikipe yose yagiye hanze n’amazina ya bamwe muri twe arandagazwa turasebywa kandi ikibabaje ni Aba-Rayons babikoze."
Yakomeje avuga ko ntaho bagiye, bazakomeza kuba hafi ikipe kandi bakwiye kwisuganya bakishakamo imbaraga bundi bushya.
Ati “Ibi bihe twaciyemo bitwubake bundi bushya. Turahari nta watwirukanye, abasaza twajya inama mbona no mu makipe akomeye bibaho.”
Kugeza ku Munsi wa Cyenda wa Shampiyona, Rayon Sports iri ku mwanya wa gatandatu n’amanota 14 aho umukino utaha izakira Musanze FC ku wa Gatanu tariki 5 Ukuboza 2025 saa Kumi n’ebyiri kuri Kigali Pelé Stadium.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!