Ni ibikorwa byatangiye bihereye ku gitekerezo cya Ngaboyisonga Benjamin wakiniye Isonga FC na Bugesera FC, gusa akaza guhagarika umupira w’amaguru akerekeza muri serivisi zo gutwara abantu.
Uyu yagannye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) muri Komisiyo ishinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, asaba gutegura irushanwa.
Mu gushyira mu bikorwa uyu mushinga, yashyigikiwe na Usengimana Faustin wakiniye amakipe arimo Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, Rayon Sports, APR FC, Police FC, Khaitan SC yo muri Kuwait, Al-Qasim SC yo muri Iraq n’izindi.
Hari kandi Biramahire Abeddy ugikinira Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ na Assabah SC yo muri Libya.
Ngaboyisonga yavuze ko uyu mushinga uzajya ufasha abana mu gihe cy’ibiruhuko, ndetse mu gihe cy’amasomo bagakomeza gukurikiranwa kugira ngo bigendere rimwe.
Ati “Intego y’uyu mushinga ni ugutegura amarushanwa no gushakira abana imikino yo mu biruhuko, tukabafasha kuzamura impano zabo no kubafasha kwiga kugira ngo zizabagirire akamaro.”
Ku nshuro ya mbere bateguye irushanwa ryahurije hamwe amakipe 15 y’abana b’imyaka iri munsi ya 10, 13, 15 na 20, arimo ay’abahungu n’ayabakobwa, ayahize andi ahabwa ibikoresho byo gukina n’ibyo kwiga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!