00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mutuyimana Sandrine yerekeje muri Yanga Princess

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 21 August 2026 saa 02:55
Yasuwe :

Rutahizamu w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore, Mutuyimana Sandrine, yatangajwe nk’umukinnyi mushya wa Yanga Princess yo muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Tanzania.

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 21 Kanama 2026, ni bwo Yanga Princess yatangaje bamwe mu bakinnyi bashya izifashisha mu mwaka utaha w’imikino wa 2026/2027.

Umwe mu bakinnyi batangajwe ni rutahizamu Mutuyimana Sandrine wakiniraga Inyemera WFC, yo muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, imuha amasezerano y’imyaka itatu.

Uyu mukinnyi wigaragaje cyane mu mikino y’amashuri mbere yo kuzamuka mu Cyiciro cya Mbere, yari umwe muri ba rutahizamu beza mu Rwanda ndetse anagenderwaho mu Ikipe y’Igihugu.

Mutuyimana asanze abandi bakinnyi bashya muri iyi kipe, ari bo Sumaya Komuntale, Semeni Juma, Fatuma Aron, Winfrida Charles, Rehema Ramadhani, Saada Mabere na Rhobi Daudi.

Yaguzwe muri iyi kipe kugira ngo asimbure Mukandayisenga Jeannine ’Kaboy’ uheruka kuyivamo, akerekeza mu ikipe nshya ya Wuhan Jiangda yo mu Cyiciro cya Mbere mu Bushinwa.

Mukandayisenga yakiniye Yanga Princess imyaka ibiri, ndetse buri mwaka ni we wabaga umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri shampiyona y’abagore muri Tanzania, aho yinjije ibitego 20.

Mutuyimana Sandrine yerekeje muri Yanga Princess

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages