Mu ijoro ryo ku wa Kabiri, tariki ya 9 Nyakanga 2024, nibwo Zira yasohoye urutonde rw’abakinnyi izifashisha mu mikino iri gutegura yo gushaka itike y’amatsinda ya Europa League.
Muri ba myugariro barindwi izakoresha harimo Mutsinzi Ange wahawe nimero (3) muri iyi kipe izahura na Sherif yo muri Moldova mu ijonjora rya mbere ryo gushaka itike.
Ni mu gihe hashize icyumweru kimwe uyu mukinnyi w’imyaka 26 asinye amasezerano y’imyaka itatu muri Zira PFK avuye muri FK Jerv yo muri Norvège yari amaze igihe akinira.
Umukino wa Zira PFK izasuramo Sherif uzakinwa ku wa Kane, tariki ya 11 Nyakanga, ubere kuri Şerif Arena, saa Mbili z’ijoro [20:00].
Mutsinzi Ange Jimmy yakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda arimo AS Muhanga, Rayon Sports na APR FC mbere yo kujya muri CD Trofense yo muri Portugal.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!