00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mutsinzi Ange ‘Jimmy’ agiye gukina Europa League bwa mbere

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 10 July 2024 saa 09:02
Yasuwe :

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Mutsinzi Ange ’Jimmy’, yagaragaye ku rutonde rw’abakinnyi Zira FK yo mu Cyiciro cya Mbere muri Azerbaijan izifashisha muri UEFA Europa League.

Mu ijoro ryo ku wa Kabiri, tariki ya 9 Nyakanga 2024, nibwo Zira yasohoye urutonde rw’abakinnyi izifashisha mu mikino iri gutegura yo gushaka itike y’amatsinda ya Europa League.

Muri ba myugariro barindwi izakoresha harimo Mutsinzi Ange wahawe nimero (3) muri iyi kipe izahura na Sherif yo muri Moldova mu ijonjora rya mbere ryo gushaka itike.

Ni mu gihe hashize icyumweru kimwe uyu mukinnyi w’imyaka 26 asinye amasezerano y’imyaka itatu muri Zira PFK avuye muri FK Jerv yo muri Norvège yari amaze igihe akinira.

Umukino wa Zira PFK izasuramo Sherif uzakinwa ku wa Kane, tariki ya 11 Nyakanga, ubere kuri Şerif Arena, saa Mbili z’ijoro [20:00].

Mutsinzi Ange Jimmy yakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda arimo AS Muhanga, Rayon Sports na APR FC mbere yo kujya muri CD Trofense yo muri Portugal.

Mutsinzi Ange ari mu bakinnyi Zira PFK izitwaza ku mukino izahuriramo na Sherif
Mutsinzi Ange agiye gukina UEFA Europa League

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages