Ni umuterankunga watangajwe hagati mu mukino w’Umunsi wa 28 wa Shampiyona iyi kipe y’i Huye yari yakiriyemo APR FC kuri Stade Kamena, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Mata 2026.
Amasezerano y’imyaka ibiri y’ubufatanye yasinywe hagati n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ibikorwa, Musoni Protais ku ruhande rwa Mukura VS ndetse na Rogers Magyenyi ushinzwe Ubucuruzi akaba ari na we wari uhagarariye Tuyisenge Bruno Leandre uyobora Jibu mu Rwanda.
Mukura VS izajya yamamaza amazi ya Jibu binyuze mu kugaragaza ibirango byayo ku kibuga aho yakiriye umukino no ku mbuga nkoranyambaga ndetse n’ubundi buryo yamamazamo.
Ni mu gihe Jibu izajya iha Mukura VS amazi yo kunywa ku myitozo no ku mikino, yongereho no guhemba umukinnyi wayo witwaye neza buri kwezi.
Jibu Rwanda yiyongereye mu bandi bafatanyabikorwa basanzwe bakorana na Mukura VS barimo Light House Hotel, BK Insurance, Volcano Express bose biyongera ku muterankunga mukuru ari we Akarere ka Huye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!