00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mukura VS ishobora kudakina na Police FC

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 5 May 2026 saa 11:55
Yasuwe :

Ikipe ya Mukura VS ishobora kudakina umukino wa Police FC mu kugaragaza akarengane yakorewe ku mukino uheruka wayihuje na Rutsiro FC.

Ku Cyumweru, nyuma y’umukino wa Rutsiro FC, iyi kipe yandikiye FERWAFA ivuga ko “umusifuzi Nsengiyumva Jean Paul yakubise umukinnyi Mbonyamahoro Serieux umugeri ku bugabo.”

Yongeyeho ko Rutsiro FC yatsinze ibitego 2-1, yahawe penaliti ebyiri zitari zo, umutoza wayo Nshimiyimana Canisius ahabwa ikarita itukura ndetse n’abakinnyi Nicolas Sebwato na Hakizimana Zuberi bahabwa amakarita y’umuhondo biturutse ku musifuzi wakubise mugenzi wabo.

Abakinnyi b’iyi kipe yasabye gusuzuma ibyabaye mu mukino, igakurirwaho amakarita yahawe, banze gukora imyitozo ku wa Mbere “kubera umutekano wabo”, ndetse amakuru IGIHE yamenye ni uko bashobora kudakora n’iyo kuri uyu wa Kabiri.

Ni mu gihe ku mugoroba wo ku wa Mbere, ku mbuga nkoranyambaga za Mukura VS hashyizweho ubutumwa bugaragaza ko izakina na Police FC ku wa Gatatu.

IGIHE yamenye kandi ko ku mugoroba wo ku wa Mbere, Umutoza Nshimiyimana Canisius yamenyesheje abakinnyi ko bafite imyitozo ko ku wa Kabiri Saa Sita zuzuye.

Ku rundi ruhande, amakuru avuga ko Mukura VS ishobora kudakina umukino wa Police FC mu gihe Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryaba ridafashe icyemezo ku busabe bwayo hakiri kare, cyane ku gukurirwaho amakarita itemera.

Kugeza ubu FERWAFA nta mwanzuro iratangaza nyuma y’uko ikirego cya Mukura Victory Sport cyashyikirijwe Komisiyo y’Imisifurire yateranye ku wa Mbere.

Amategeko ya Rwanda Premier League ateganya ko amakipe yishyura 5000 Frw ku ikarita y’umuhondo, ibihumbi 20 Frw ku ikarita y’umutuku iturutse ku ikosa ryo mu mukino n’ibihumbi 50 Frw ku ikarita y’umutuku iturutse ku myitwarire mibi.

Ni mu gihe iyo ikipe itewe mpaga yasuye cyangwa yasuye, itsindwa ibitego 3-0 ndetse ikishyura miliyoni 2 Frw.

Mukura VS ishobora kudakina na Police FC mu kugaragaza ko yarenganyijwe ku mukino uheruka kuyihuza na Rutsiro FC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages