00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mukura VS iri mu biganiro n’Umunya-Uganda ushakishwa na KCCA na Vipers SC

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 5 January 2024 saa 07:47
Yasuwe :

Ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisir iri mu biganiro na Kapiteni wa Arua Hill, Gadafi Wahab, ushobora gusimbura Bukuru Christopher watandukanye n’iyi Kipe nyuma y’isozwa ry’igice kibanza cya Shampiyona.

Gadafi ukomoka ahitwa Lugogo, agace kazwiho kuzamura impano za ruhago gaherereye rwagati mu Mujyi wa Kampala, amaze imyaka ibiri n’igice muri Arua Hill ari gushakishwa n’andi makipe akomeye muri Uganda arimo KCCA na Vipers SC.

Uyu musore w’imyaka 24 ashobora gukina hagati mu kibuga afasha ba myugariro cyangwa se abataha izamu.

Wahab arifuza kwerekeza muri Mukura VS agatozwa n’Umunya-Tunisia, Afhamia Lotfi, nk’uko ari kubifashwamo n’Umunyezamu bakomoka hamwe ndetse usanzwe ari n’inshuti ye Ssebwato Nicholas.

Izi Ngwe za Arua zahuye n’ikibazo cy’ubukungu byatumye zifata icyemezo cyo kurekura bamwe mu bakinnyi b’ingenzi barimo na Kapiteni Gadafi Wahab kugira ngo basigarane abo bashobora guhemba.

Gadafi yakinnye imikino 65 ya Shampiyona muri Arual Hill, atsindamo ibitego 11 mu gihe yatanze imipira 17 yavuyemo ibitego.

Mbere yo kwerekeza muri Arua Hill, Gadafi Wahab, yakiniye Onduparaka FC na yo yo mu Cyiciro cya Mbere muri Shampiyona ya Uganda imyaka ine ari na yo yazamukiyemo.

Arua Hill iri ku mwanya wa nyuma, wa 16, muri Shampiyona n’amanota atanu gusa mu mikino 14. Yatsinze umukino umwe, inganya ibiri mu gihe yatsinzwe 11.

Gadafi Wahad ukinira Arua Hill arifuzwa na Mukura VS mu gihe anugwanugwa mu makipe ya KCCA na Vipers SC
Gadafi Wahad umaze imyaka ibiri n'igice muri Arua Hill asanzwe mu bakinnyi bahagaze neza muri iyi kipe
Arua Hill yahuye n'ibibazo by'ubukene igiye kurekura bamwe mu bakinnyi ba mwamba barimo na Gadafi ngo bashobore guhemba abo basigaranye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages