00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

’Kaboyi’ yabonye ikipe nshya mu Bushinwa

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 4 July 2026 saa 05:09
Yasuwe :

Umunyarwandakazi Mukandayisenga Jeannine ‘Kaboy’ wakiniraga Yanga Princess yo muri Tanzania, yerekeje muri Wuhan Jiangda yo mu Cyiciro cya Mbere mu Bushinwa.

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 4 Nyakanga 2026, ni bwo iyi kipe yo muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bagore muri Tanzania yifurije amahirwe masa uyu mukinnyi.

Hashize imyaka ibiri Mukandayisenga akinira Yanga Princess, ndetse buri mwaka ni we wabaga umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri shampiyona y’abagore muri Tanzania, aho yinjije ibitego 20.

Nyuma yo kwitwara neza yabengutswe n’amakipe atandukanye, ariko ahitamo kwerekeza muri Wuhan Jiangda Women’s FC, aho yashyize umukono ku masezerano y’imyaka ibiri.

Mukandayisenga yageze muri Yanga Princess avuye muri Rayon Sports, aho yari amaze kuyifasha kwegukana Igikombe cya Shampiyona. Indi kipe yakiniye ni Inyemera FC.

Mukandayisenga Jeannine ’Kaboyi’ agiye gukinira mu Bushinwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages