Ibi ni bimwe mu byo yatangaje nyuma y’imyitozo ya nyuma Jamus FC yo muri Sudani y’Epfo yakoreye kuri Kigali Pele Stadium, yitegura umukino uzayihuza na Rayon Sports.
Muhire ni umwe mu bakinnyi bafashije Jamus FC kugera muri ½ cya CECAFA Kagame Cup 2026, nyuma y’uko iyoboye Intsinda B yari isangiye na Singida Black Stars, Simba SC Club na Mogadishu City.
Yavuze ko kuba baritwaye neza mu mikino y’amatsinda, bigaragaza imbaraga bafite kandi ikipe ye izitwara neza muri iri rushanwa riri kubera mu Rwanda.
Ati “Ni umukino uzaba ukomeye. Ni ahabo ho guhatana ariko intsinzi izaba iri mu ruhande rwacu. Ntabwo nzakina kugeza ubu kuko naravunitse. Nifuzaga gukina abafana bakabona ko nazamuye urwego. Bikunze nakina ariko bitanakunze naba ndi inyuma ya Jamus, tugomba gutsinda uko byagenda kose.”
Muhire Kevin yavunikiye mu mukino w’umunsi wa gatatu mu itsinda wabahuje na Mogadishu City, kugeza ubu akaba ari kwitabwaho n’abaganga kugira ngo harebwe niba yakina na Rayon Sports.
Umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Francis, na we yagaragaje ko azi neza ko Muhire Kevin azabwira Jamus FC imibereho n’imikinire y’iyi kipe yahozemo, bityo agiye gushaka ubundi buryo azakina na yo akagera ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup.
Muri Kamena 2025 ni bwo Muhire w’imyaka 27, yagiye muri Sudani y’Epfo nyuma yo kurangiza amasezerano ye muri Rayon Sports. Ni amasezerano yarangiye ayifashije gusoreza ku mwanya wa kabiri muri Shampiyona no mu Gikombe cy’Amahoro.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!