00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mugunga Yves yavunikiye mu myitozo mbere yo guhura na US Monastir

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 17 September 2022 saa 10:35
Yasuwe :

Rutahizamu wa APR FC, Mugunga Yves, yagize ikibazo cy’imvune mu myitozo ya nyuma iyi kipe yakoze ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 Nzeri 2022, yitegura guhura na US Monastir mu mikino ya CAF Champions League.

Amakuru avuga ko uyu rutahizamu yagize ikibazo mu ivi ry’ibumoso.Umukino wo kwishyura uteganyijwe muri Tunisie ku Cyumweru tariki 18 Nzeri 2022, saa kumi z’i Kigali.

Umukino ubanza wabereye i Huye, APR FC yatsinze US Monastir igitego kimwe ku busa cya Mugunga Yves.

APR FC ubwo iheruka gukinira muri Tunisia, tariki 23 Ukwakira 2021 yahatsindiwe ibitego bine ku busa na Espérance Sportif de Tunis.

Ubwo Mugunga yavunikaga ari mu kibuga bagerageje kumufasha
Mugunga yasohowe mu kibuga nyuma yo kunanirwa gukomeza imyitozo
Mugunga Yves, Rutahizamu ngenserwaho muri APR FC yavunitse
Adil Muhammed ahanzwe amaso n'abafana ba APR FC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages