Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 15 Nyakanga 2026, ni bwo uyu mukinnyi yaherekejwe n’abo mu muryango we, mbere yo kujyana na Asi Rahamim usanzwe ari Umuyobozi Mukuru wa Siporo muri Tony Football Excellence Program.
Asi Rahamim unahagarariye nyiri Hapoel Hadera, yabwiye IGIHE ko uyu mukinnyi amufitiye icyizere ku kuzitwara neza muri Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri muri Israel.
Ati “Nizeye Mugisha Abdul ku buryo azagenda agakina kandi akagaragza urwego rwiza. Yerekanye ko ashoboye muri Shampiyona y’Icyiciro cya Gatatu mu Rwanda no mu batarengeje imyaka 20, nta kabuza ko na hariya azerekana itandukaniro.”
“Urugendo rwe kandi ruzerekana ko mu Rwanda hari impano z’umupira w’amaguru, ibizatuma n’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ikomera.”
Mugisha yatangiriye umupira w’amaguru mu ikipe y’abato ya Musanze FC, akomereza muri Tony Football Excellence Program, ari na yo yamufashije kujya gukina hanze y’u Rwanda.
Yavuze ko agiye gutangira urugendo rwo kuba umwe mu bakinnyi b’Abanhyarwanda bakomeye.
Ati “Ngiye kugaragaza ikinyabupfura, gukora imyitozo myinshi no gukora ibindi byose bihesha ishema u Rwanda, bikanerekana ko rufite impano z’abakina umupira w’amaguru.”
Nyuma ya Mugisha, undi mukinnyi uzajya gukina hanze y’u Rwanda ni Rutikanga Nyatanyi Jean Luc w’imyaka 19 waguzwe na kipe ya FC Red Black Pfaffenthal y’i Luxembourg.
Hari kandi rutahizamu Yangiriyeneza Erirohe w’imyaka 19, uzajya mu Ikipe ya APOEL Nicosia Football Cub, agakora igeragezwa ndetse n’isuzuma nk’umukinnyi wabigize umwuga.
Amafoto: Umwari Sandrine



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!