00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mu mafoto: Ibyaranze Inama ya 73 ya FIFA i Kigali

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 17 Werurwe 2023 saa 09:17
Yasuwe :

Ku wa 16 Werurwe 2023, u Rwanda rwanditse amateka yo kuba igihugu cya mbere cya Afurika cyakiriye inama y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) ikaberamo amatora aho Gianni Infanto yatorewe indi manda izarangira mu 2027.

Iyi nama yabereye muri BK Arena, yari yitabiriwe n’abanyamuryango 208 batarimo ibihugu bya Zimbabwe na Sri Lanka byahagaritswe ndetse na Korea ya Ruguru itaritabiriye.

Perezida Paul Kagame ni umwe mu bitabiriye itangizwa ryayo, aho yashimiye FIFA kuba yarahisemo u Rwanda.

Muri iyi nama ni ho habereye amatora, Gianni Infantino uyobora FIFA kuva mu 2016, wari umukandida rukumbi, yemejwe ko akomeza kuyobora uru rwego kugeza mu 2027.

Mu ijambo rye nyuma yo gutorwa, Infantino yagize ati “Kuba perezida wa FIFA ni iby’agaciro. Ni ibidasanzwe kandi ni inshingano zikomeye. Nicishije bugufi ku bw’ubufasha bwanyu. Ndabizeza ko nzakomeza gukorera FIFA, gukorera inyungu za ruhago n’amashyirahamwe arenga 211 ku Isi.”

Perezida wa FIFA yashimangiye uruhare rw’uru rwego mu gutegura amarushanwa no guteza imbere ruhago. Yahishuye ko Igikombe cy’Isi cy’Abagore kizabera muri Australia na Nouvelle-Zélande uyu mwaka kizongererwa amafaranga y’ibihembo akagera kuri miliyoni 150$.

Ibyo bivuze ko azikuba gatatu ugereranyije n’ayatanzwe mu 2019 ndetse ni inshuro 10 ugereranyije n’ayatanzwe mu 2015 mbere y’uko ajya ku buyobozi.

Infantino yagarutse kandi ku Gikombe cy’Isi cy’Abatarengeje imyaka 17 mu bahungu n’abakobwa kizajya gikinirwa buri mwaka n’andi marushanwa atandukanye arimo Igikombe cy’Isi cy’Amakipe kizajya cyitabirwa n’amakipe 32 hagamijwe guha amakipe atandukanye amahirwe yo kwigaragaza ku rwego rw’Isi.

Ku bijyanye n’umutunfo, FIFA iteganya kwinjiza miliyari 11$ hagati ya 2023-2026, azaba yiyongereye ugereranyije n’intego ya miliyari 6,4$ yari yihawe hagati ya 2019-2022, ariko hakaba hagaragajwe ko habonetse miliyari 7,5$.

Hemejwe ko inama itaha ya FIFA izaba tariki ya 17 Gicurasi 2024 mu gihe aho izabera hazemezwa nyuma.

Inama ya 73 ya FIFA yabereye muri BK Arena ku wa 16 Werurwe 2023
Ubwo abayobozi n'abanyabigwi batandukanye bagera muri BK Arena ahabereye iyi nama
Arsène Wenger ushinzwe Iterambere rya Ruhago muri FIFA yari mu bitabiriye iyi nama
Ni ku nshuro ya kabiri, Arsène Wenger yaje mu Rwanda nyuma yo kuhagera bwa mbere mu 2021 yitabiriye Inama ya CAF
Igikombe cy'Isi cy'Abagore kizakinwa muri Nyakanga-Kanama uyu mwaka kiri mu byaganiriweho mu nama
Muri BK Arena ahabereye inama, ni uku hari hateguye
Abahagarariye amashyirahamwe atandukanye bari bicaye hakurikijwe uko ibihugu byabo byitwa
Pierluigi Collina uyobora Komisiyo y'Abasifuzi muri FIFA
Umunya-Brésil Cafu yitabiriye iyi nama nk'umwe mu banyabigwi ba FIFA
Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa ry'Inama ya FIFA ari na Gianni Infantino uyobora uru rwego rwa ruhago ku Isi
Gianni Infantino yashishikarije abitabiriye iyi nama kugura imipira ikorwa n'Abanyarwandakazi
Mu ijambo rye ritangiza inama, Infantino yavuze uburyo amateka u Rwanda rwanyuzemo yamuremyemo icyizere ubwo yiyamarizaga kuyobora FIFA mu 2016
Perezida Kagame yavuze ko Infantino ari we muyobozi FIFA yari ikeneye
U Rwanda rwabaye igihugu cya mbere cya Afurika cyakiriye Inama ya FIFA yabereyemo amatora y'Umuyobozi w'iri Shyirahamwe Mpuzamahanga
Perezida w'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru muri Afurika, Patrice Motsepe, yitabiriye iyi nama
Ednaldo Rodrigues uyobora Ishyirahamwe rya Ruhago muri Brésil
Raporo zitandukanye zirimo iz'umutungo, zemezwaga nyuma yo kwerekana uko zihagaze
Muri iyi nama ni ho hatorewe Infantino aho azakomeza kuyobora FIFA kugeza mu 2027
Umunyamabanga Mukuru wa FIFA, Fatma Samoura ni we wari uyoboye gahunda
Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yahaye Perezida Kagame umupira uriho izina rye na nimero 23, wanditseho amagambo avuga ko umupira uhuza Isi yose
Perezida Kagame yagejeje ijambo ku bitabiriye Inama ya 73 ya FIFA
Infantino yahishuye uburyo Perezida Kagame yamuguriye itike yo kureba umukino wa nyuma wa CHAN 2016 yakiriwe n'u Rwanda
Abayobozi bakuru muri FIFA bunamira umunyabigwi Pelé witabye Imana mu mpera za 2022
Hafashwe umunota wo kwibuka Pelé
Rajesh Patel uyobora Ishyirahamwe rya Ruhago muri Fiji, akaba na Visi Perezida wa OFC
Cafu yambaye utwuma duhindura ururimi kugira ngo abashe gusobanukirwa ibyavugwaga
Umunya-Nigeria Jay Jay Okocha ni umwe mu bitabiriye iyi nama
Inama ya 73 yitabiriwe n'abanyamuryango bayo 208 batarimo Zimbabwe na Sri Lanka bahagaritswe na Korea ya Ruguru itaritabiriye
BK Arena yari yarimbishijwe byihariye
Perezida wa UEFA, Aleksander Čeferin, yari muri iyi nama
Arsène Wenger yagaragaje imishinga igamije iterambere rya ruhago muri FIFA irimo no gushyiraho 'academie' muri bihugu byibuze guhera mu 2026
Samuel Eto'o uyobora Ishyirahamwe rya Ruhago muri Cameroun na we yari i Kigali
Pierluigi Collina uyobora Komisiyo y'Abasifuzi muri FIFA, yavuze uburyo bari gutekereza VAR yarushaho gukora neza kandi bigizwemo uruhare n'abasifuzi bake, agaragaza n'uburyo butandukanye bw'ikoranabuhanga bashaka kuzana mu mupira w'amaguru mu kunoza imisifurire
Amabendera y'abanyamuryango bose ba FIFA yari yashyizwe muri BK Arena
Asoza inama, Infantino uyobora FIFA yavuze ko mu 2026 na 2027, amafaranga ahabwa amakipe y'abagabo n'abagore mu Gikombe cy'Isi azaba angana
Perezida wa FIFA yashimiye byihariye Umunya-Pologne Marcin Oleksy uheruka kwegukana "FIFA Puskas Award" kubera igitego cyiza yatsinze mu mwaka ushize
Nyuma y'inama, abayobozi batandukanye baboneyeho gushimira Infantino wongeye gutorerwa kuyobora FIFA
Arsène Wenger watoje Arsenal, aganira na Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa
Gianni Infantino yaganiriye n'abanyamakuru nyuma y'inama
Mu kiganiro cyamaze isaha, Infantino wibasiye itangazamakuru rimunenga, yavuze ko kongera amakipe yitabira Igikombe cy'Isi bitazatuma uburyohe bwacyo bugabanuka ahubwo bizaha amahirwe abakinnyi benshi b'abahanga

Reba hano andi mafoto menshi yaranze iyi nama ya FIFA.

Amafoto: Igirubuntu Darcy


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .