Iyi kipe yabigezeho nyuma y’aho Bournemouth yanganyije na Manchester City igitego 1-1, bityo bikaba bitagikunze ko iyi kipe y’i Manchester yazakuramo amanota The Gunners yayirushaga.
Bamwe mu bakinnyi ba Arsenal bagaragaje ibyishimo byinshi, aho basubizaga bamwe mu bakunze ku bannyega.
Bukayo Saka yavuze ko gusekwa birangiye.
Ati “Imyaka 22 baduseka, batunnyega ariko ntibazongera kuduseka.”
Ubwo Arsenal yatsindwaga na Manchester City, Declan Rice yagaragaye avuga ko bitararangira, mu gihe benshi bemezaga ko bigoye kuzegukana igikombe.
Uyu mukinnyi yagiye ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yari yarabivuze.
Ati “Narababwiye mwese. Ubu noneho byarangiye.”
Thierry Henry waherukaga guhesha Arsenal Igikombe cya Shampiyona, yavuze ko yishimiye ko kera kabaye abana be babonye iyi kipe yegukana igikombe.
Ati “Kuva mu ntebe za Highbury tujya Emirates, umuryango mugari wa Arsenal ubu noneho twakwishima. Iki kiragano kirakoze cyane, ubu noneho abana banjye babona dutwara igikombe.”
Umukino wa nyuma wa Premier League, Arsenal izasura Crystal Palace ku Cyumweru, tariki ya 24 Gicurasi 2026.
Muri rusange, ni ku nshuro ya 14 Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza, mu gihe ari Premier League ya kane yegukanye kuva yatangira gukinwa mu 1992/93.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!