00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rwashimiye Congo nyuma yo kwegukana CHAN

Yanditswe na

Mihigo Jean Baptiste

Kuya 8 February 2016 saa 12:58
Yasuwe :

Nyuma y’uko ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo itwaye igikombe cya CHAN 2016 itsinze iya Mali ku mukino wa nyuma, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, abinyujije kuri twitter ye, yagaragaje ko u Rwanda rwishimiye intsinzi y’iki gihugu gituranyi.

Minisitiri Mushikiwabo yanditse kuri twitter ye amagambo agira ati “U Rwanda rwishimiye cyane intsinzi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ya CHAN 2016! Ndetse n’umukino mwiza!”

Irushanwa ry’Umupira w’amaguru rihuza abakinnyi bakina mu bihugu byabo muri Afurika, (CHAN) ryabereye mu Rwanda guhera tariki ya 16 Mutarama risozwa kuwa 07 Gashyantare 2016, rikaba ryaritabiriwe n’amakipe y’ibihugu 16.

Minisitiri Louise Mushikiwabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages