Nelly Mukazayire wari kuri Stade Amahoro muri uyu mukino wihariwe n’Amavubi, yaje gucisha ubu butumwa ku rubuga rwa X ashimagiza Ikipe y’Igihugu yihagazeho imbere y’abakunzi bayo.
Yagize ati “Turashimira ikipe yacu Amavubi yakinanye ishyaka ikaba itahanye intsinzi. Iki ni ikimenyetso ko nidukomeza gushyiramo ikinyamwuga, umuhate no guharanira intsinzi, nta kabuza tuzagera kure!”
“Turashimira abafana mwese twafatanyije gushyigikira ikipe yacu!”
Turashimira ikipe yacu #Amavubi yakinanye ishyaka ikaba itahanye instinzi👏🏾 Iki ni ikimenyetso ko nidukomeza gushyiramo ikinyamwuga , umuhate no guharanira intsinzi ntakabuza tuzagera kure!
Turashimira abafana mwese twafatanyije gushyigikira ikipe yacu! #TweseInyumaYAmavubi
— Nelly Mukazayire (@nmukazayire) December 28, 2024
Igitego cyitsinzwe n’umunyezamu Juma ku munota wa 34 ndetse n’icya Muhire Kevin ku wa 58 ni byo byabaye itandukaniro muri uwo mukino Amavubi yahushijemo amahirwe menshi, arimo na penaliti yahushijwe na kapiteni wayo, Muhire Kevin.
Gutsinda Sudani y’Epfo ariko ntabwo byahise biha itike Amavubi kuko umwanya umwe wo mu Karere ka CECAFA watwawe na Sudani yatsinze imikino yayo ibiri yahuriyemo na Ethiopia.
Ikipe y’Igihugu ariko ikaba igitegereje umwanzuro wa nyuma wa CAF kugira ngo hamenyekane niba ari yo izafata umwanya wa kimwe mu bihugu bibiri byikuye muri iyi mikino kandi byari bifite itike.
Imikino y’amajonjora ya CHAN 2024 iri busozwe kuri iki Cyumweru aho mu karere Uganda iri bwakire u Burundi mu mukino wo kwishyura nyuma yo Uganda ibutsinze igitego 1-0 mu mukino wabanje.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!