00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Messi yandikiye kuri Misiri amateka mabi n’ameza mu Gikombe cy’Isi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 7 July 2026 saa 09:47
Yasuwe :

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ya Argentine, Lionel Messi, yanditse amateka mashya yo gutsinda ibitego byinshi mu Gikombe cy’Isi, aho ari we ufite ibitego byinshi mu irushanwa, akaba ari na we watanze imipira myinshi ivamo ibindi nubwo yabaye uwa mbere uhushije penaliti nyinshi.

Ni amateka yandikiye mu mukino wa ⅛ wakinwe kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 7 Nyakanga 2026, ubwo yafashaga ikipe ye gutsinda Misiri ibitego 3-2, ikabona n’itike yo kujya muri ¼.

Yasser Ibrahim na Mostafa Ziko bafashije Misiri kuyobora umukino mu minota 79 yawo, ariko Lionel Messi agaragaza itandukaniro atanga umupira kuri Cristian Gabriel Romero wagaruye ikipe ye mu mukino.

Uyu mupira yatanze watumye ahita aba umukinnyi wa mbere mu mateka y’Igikombe cy’Isi kuva cyatangira gukinwa mu 1930, utanze imipira myinshi ivamo ibitego.

Yagize imipira icyenda, asiga mugenzi we w’Umunya-Argentine, Diego Maradona watanze umunani.

Messi w’imyaka 39 yatsinze igitego cyo kwishyura Misiri, kiba igitego cya munani atsinze mu Gikombe cy’Isi cya 2026, ndetse akomeza gushimangira kuba umukinnyi watsinze ibitego byinshi mu mateka y’Igikombe cy’Isi, aho afite 21. Arusha Kylian Mbappé ibitego bibiri.

Nubwo yanditse amateka meza ariko, Messi yahushije penaliti yatumye aba umukinnyi wa mbere uhushije penaliti ebyiri mu irushanwa rimwe ry’Igikombe cy’Isi, ari na we wahushije nyinshi mu mateka y’iri rushanwa muri rusange. Mu munani amaze guhabwa yahushijemo enye.

Igitego cyahesheje intsinzi Argentine cyinjijwe na Enzo Fernández, kiba igitego cya 3000 gitsinzwe muri iri rushanwa.

Mu mukino ukurikira wa ¼, Argentine yegukanye Igikombe cy’Isi giheruka cya 2022, izahura n’ikipe iva hagati y’u Busuwisi na Colombia.

Messi yanditse amateka yo kuba umukinnyi watanze imipira myinshi ivamo ibitego mu Gikombe cy'Isi
Cristian Gabriel Romero yasubije Argentine mu mukino
Messi yabaye umukinnyi uhushije penaliti nyinshi mu Gikombe cy'Isi
Mostafa Ziko yatsinze igitego cya kabiri cya Misiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages