Messi yatangaje ko asezeye mu Ikipe y’Igihugu ya Argentine muri Kanama, nyuma y’uko igihugu cye gitsinzwe na Espagne ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026. Icyo gihe kandi yavuze ko ari gutekereza ku hazaza he muri ruhago nyuma y’urupfu rwa se, Jorge.
Uyu mukinnyi w’imyaka 39, wari kapiteni wa Argentine ubwo yegukanaga Igikombe cy’Isi mu 2022, yavuze ko icyemezo cyo guhagarika gukinira ‘Albiceleste’ cyamubabaje cyane, ariko yari yaratanze ibyo yari afite byose kandi ko nta kindi yari asigaranye cyo gutanga.
Messi wegukanye Ballon d’Or umunani, kuri ubu ukinira Inter Miami muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ni we umaze gutsindira Argentine ibitego byinshi ndetse akaba ari na we wayikiniye imikino myinshi kurusha abandi. Yatsinze ibitego 125 mu mikino 207.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Argentine, Claudio Tapia, yagize ati “Twafashe icyemezo cyo gutumira umukinnyi mwiza ku Isi, ikimenyetso cy’Ikipe yacu y’Igihugu, kapiteni wacu, Lionel Andrés Messi, kugira ngo tumusezere by’ukuri, ku wa 6 Ukwakira hano muri Argentine.”
Umukino wa Argentine na Bénin uzabera kuri Estadio Monumental i Buenos Aires, yakira abafana ibihumbi 85.
Abakinnyi bafashije Argentine kwegukana Igikombe cy’Isi cya 2022 na bo batumiwe muri uwo mukino, aho Tapia yavuze ko uzaba ari umunsi “utazibagirana”.
Argentine yategetswe gukina imikino yayo ibiri ikurikiraho yo mu rugo yakira 50% by’ubushobozi bwa stade, nubwo igihano cy’umukino umwe cyasubitswe. Ibi byatewe no kurenga ku mategeko ngengamyitwarire ya FIFA mu Gikombe cy’Isi.
Ni igihano cyaturutse ku myitwarire idakwiye y’ikipe ndetse n’indirimbo n’ibimenyetso by’ivangura byakozwe n’abafana bayo.
Nyuma yo gutsinda u Bwongereza ibitego 2-1 muri ½ cy’Igikombe cy’Isi, abakinnyi benshi ba Argentine bazamuye icyapa cyavugaga ko Argentine ari yo nyir’Ibirwa bya Falkland, agace k’u Bwongereza kaba mu Majyepfo y’Inyanja ya Atlantique.
Kubera ko Argentine izakina imikino ya gicuti na Bolivia ku wa 30 Nzeri i Córdoba ndetse na Burkina Faso ku wa 3 Ukwakira i Buenos Aires, biteganyijwe ko icyo gihano kizaba cyarangiye mbere y’umukino wa Bénin.
Umukinnyi wo hagati wa Argentine, Leandro Paredes, na mugenzi we Nahuel Molina, bombi ntibitezwe muri iyo mikino kuko bahanishijwe gusiba imikino 10 n’irindwi uko bakurikirana, kubera uruhare bagize mu mirwano yabereye mu kibuga nyuma y’uko igihugu cyabo gitsinzwe na Espagne ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi.
Indi nkuru wasoma: Ibitego, uduhigo, amarira… Ibihe bidasanzwe byagize Lionel Messi igihangange ku Isi



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!