Nyuma yo kunyagira Ibirwa bya Mauritius ibitego 7-1, abakinnyi ba Ghana barinze baza mu Rwanda badahawe agahimbazamusyi k’ibihumbi 10 $ by’uyu mukino batsinze.
Byavugwaga ko aka gahimbazamusyi kazagabanywa 50% kubera ibibazo by’amikoro, bihakanwa na Kwesi Nyantakyi wari umaze gutorerwa kuyobora imyaka ine Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Ghana.
Ikinyamakuru Sports Crusader cyo muri Ghana cyanditse ko mu rwego rwo kugarura umwuka mwiza mu mwiherero wa Black Stars yari i Kigali buri mukinnyi yahawe miliyoni 7 FRW (ibihumbi 10 $) y’umukino w’Ibirwa bya Mauritius.
Ghana yatsinze u Rwanda igitego 1-0 cya Mubarak Wakaso ku munota wa 87 ku mupira yateye ahana ikosa ryari rikozwe na Nshimiyimana Imran, Bayisenge Emery ahabwa ikarita y’umuhondo.
Minisiteri y’urubyiruko na siporo muri Ghana yavuze ko n’amafaranga y’u Rwanda azaboneka vuba dore ko mu Gushyingo bafite umukino w’amajonjora y’igikombe cy’Isi 2018 n’izatsinda hagati ya Comoros cyangwa Lesotho.
Mu gikombe cy’Isi cyabereye muri Brazil, Leta ya Ghana yashatse indege ishyira abakinnyi miliyoni 3$ y’agahimbazamusyi mu gihe byavugwaga ko bashobora kudakina umukino wa Ghana.



















TANGA IGITEKEREZO