Etoile de l’Est yo mu Karere ka Ngoma yitwaye neza muri Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri mu 2025/26, izamuka mu nyuma y’uko Unity SC yikuye mu makipe yazamutse.
Kuva icyo gihe yari itarabona umutoza uzayitoza, agasimbura Hitabatuma Nkotanyi, wayifashije kuzamuka.
Kuri ubu yahaye akazi Mbarushimana Shabani watandukanye na AS Kigali nyuma yo kutitwara neza mu mwaka wa 2025/26 warangiye ari mu makipe ahanganye no kutamanuka mu Cyiciro cya Kabiri.
Mbarushimana Shabani watoje amakipe arimo Gasogi United FC, agiye kubanza gufatanya na Etoile de l’Est kubona abakinnyi bashya, dore ko bamwe mu bo yari ifite nka Muhoza Daniel, Munyemana Alexandre na Faradji Iddy bagiye mu yandi makipe.
Biteganyijwe ko ikipe ya Etoile de l’Est izatangira imyitozo mu matariki ari hagati ya 15 na 20 Nyakanga yitegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere ya BK PRO League ya 2026/2027 izatangira muri Nzeri.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!