00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mazimpaka André yagizwe umutoza w’abanyezamu wa Gorilla FC

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 2 July 2026 saa 02:59
Yasuwe :

Mazimpaka André wari umaze umwaka nta kipe afite ari gutoza, yagizwe umutoza w’abanyezamu mu Ikipe ya Gorilla FC, asimbuye Higiro Thomas wari usanzwemo.

Kuri uyu wa Kane, tariki ya 2 Nyakanga 2026, ni bwo Perezida wa Gorilla FC, Yusuf Mudaheranwa, yakiriye uyu mutoza w’abanyezamu uzafasha ikipe mu mwaka utaha w’imikino wa 2026/27.

Mbere y’uko umwaka w’imikino wa 2024/25 urangira, ni bwo Mazimpaka yasezerewe muri Rayon Sports, ashinjwa kugira uruhare runini mu musaruro mubi ikipe yari ifite icyo gihe.

Uyu mugabo yinjiye mu butoza muri Werurwe 2023, ahereye muri La Jeunesse yakiniye.

Mbere yo gutoza yakiniye amakipe atandukanye muri Shampiyona y’u Rwanda. Arimo Interforce FC, Police FC, Espoir FC, Mukura VS, Kiyovu Sports, iyahoze ari Rwamagana City na Rayon Sports yanabereye umutoza.

Asanze Gorilla FC ikomeje kwiyubaka kugira ngo izitware neza mu mwaka utaha wa 2026/27, aho yasinyishije Faradji Iddi wakiniraga Gicumbi FC, Issah Yakubu wari muri Police FC na Sunday Akang Inemesit wari muri AS Kigali.

Mudaheranwa Yusufu yakiriye Mazimpaka André muri Gorilla FC
Mazimpaka André wanyuze muri Rayon Sports yerekeje muri Gorilla FC
Mazimpaka André azatangira gutoza abanyezamu ba Gorilla FC kuva mu mwaka w'imikino wa 2026/27

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages