00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Manzi Thierry yatandukanye na Al Ahli Tripoli yakoreyemo amateka

Yanditswe na IGIHE
Kuya 20 August 2026 saa 07:12
Yasuwe :

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Manzi Thierry, yatandukanye n’Ikipe ya Al Ahli Tripoli yo muri Libya, nyuma y’uko impande zombi zumvikanye ku iseswa ry’amasezerano.

Manzi yari asigaje umwaka ku masezerano mashya y’imyaka ibiri yongereye muri Kanama 2025.

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 19 Kanama 2026, ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, Al Ahli Tripoli yatangaje ko itazakomezanya n’uyu mukinnyi w’Umunyarwanda.

Mu butumwa bwayo, iyi kipe yagize iti “Umukinnyi w’umunyamahanga wegukanye ibikombe byinshi mu mateka yacu. Thierry, wahoze kandi uzahora uri mu bagize umuryango wacu mugari.”

Manzi Thierry yari yongereye amasezerano muri iyi kipe nyuma yo kuyifasha kwegukana igikombe cya shampiyona cya 2024/25 ku nshuro ya 14, aho icyo gihe yatsinze ibitego bitatu muri urwo rugendo.

Uyu mukinnyi w’imyaka 29 yazamukiye muri Marines FC yamuzamuriye izina, ayivamo yerekeza muri Rayon Sports yamazemo imyaka ine.

Ni umwe mu bari bagize Rayon Sports yatwaye Shampiyona ya 2016/17 n’iya 2018/19, inagera muri ¼ cya CAF Confederation Cup mu 2018.

Nyuma yo kwitwara neza mu ikipe yambara ubururu n’umweru, yabengutswe na APR FC, ayikinira hagati ya 2019 na 2021.

Nyuma yaho yerekeje hanze y’u Rwanda ku Mugabane w’u Burayi muri Dila Gori yo muri Georgia, AS FAR yo muri Maroc yavuyemo yerekeza muri AS Kigali yamazemo amezi atanu mbere yo kwerekeza muri Al Ahli Tripoli yarimo kuva muri Nyakanga 2023.

Manzi yasohotse muri iyi kipe yo muri Libya nyuma y’amezi umunani na Bizimana Djihad ayivuyemo akajya gukina muri CS Constantine yo muri Algeria.

Ibikombe bine yegukanye ari muri iyi kipe ni icya Shampiyona ya Libya ya 2024/25, Libyan Cup 2024/25, Libyan Super Cup 2025 na Libyan Cup 2025/26.

Al Ahli Tripoli iri mu makipe ari kwiyubaka bikomeye muri iyi mpeshyi aho yaguze Girumugisha Jean Claude uheruka kuba umukinnyi mwiza wa Shampiyona y’u Rwanda na Fiston Kalala Mayele wakiniraga Pyramids FC yo mu Misiri.

Manzi Thierry yatandukanye n'Ikipe ya Al Ahli Tripoli nyuma yo kumvikana ku iseswa ry'amasezerano
Manzi Thierry yari amaze imyaka itatu muri iyi kipe yo muri Libya ndetse agifite undi mwaka ku masezerano
Muri Al Ahli Tripoli, Manzi azibukwa nk'umukinnyi w'umunyamahanga wegukanyemo ibikombe byinshi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages