00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Manchester United yigaranzuye Man City ku igaruka rya Michael Carrick nk’umutoza

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 17 January 2026 saa 05:29
Yasuwe :

Ibitego bya Bryan Mbeumo na Patrick Dorgu byafashije Manchester United gutsinda Manchester City ibitego 2-0, mu mukino w’Umunsi wa 22 wa Premier League.

Uyu mukino w’abakeba bo mu Mujyi wa Manchester, wabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 17 Mutarama 2026 kuri Old Trafford.

Ni umukino watangiye utuje amakipe yombi yigana ariko bigaragara ko wihuta. Ku munota wa 32, Bruno Fernandes yacomekeye umupira mwiza Amad Diallo acenga umunyezamu Gianluigi Donnarumma atsinda igitego cya mbere ariko umusifuzi aracyanga nyuma yo kwitabaza VAR.

Iyi kipe yakomeje gusatira ariko igice cya mbere kirangira amakipe yombi anganya ubusa ku busa.

Man City yasubiranye imbaraga mu gice cya kabiri Erling Haaland agerageza uburyo bw’ibitego ariko ntibubyare umusaruro.

Ku munota wa 65, Bruno yazamukanye umupira yihuta, awucomekera Bryan Mbeumo atsinda igitego cya mbere cya Manchester United.

Nyuma y’iminota mike, Mbeumo yasimbuwe na Matheus Cunha wakomeje gufasha iyi kipe kwitwara neza.

Ku munota wa 76, Patrick Dorgu yatsinze igitego cya kabiri cya Man Utd, ku mupira mwiza yahawe na Cunha.

Ku rundi ruhande, Man City yagorwaga n’ubwugarizi bwa Man Utd kuko yakiniraga inyuma igacungira ku mipira itakaje. Ku munota wa 80, Haaland wagize imvune mu gice cya mbere, yasimbuwe na Divine Mukasa.

Mu minota y’inyongera, Mason Mount wari winjiye mu kibuga asimbuye, yatsinze igitego cya gatatu, ku mupira mwiza yari ahawe na Cunha ariko umusifuzi nyuma yo kwifashisha VAR avuga ko habayeho kurarira bityo kirangwa.

Umukino warangiye Manchester United yatsinze Manchester City ibitego 2-0, mu mukino wa mbere w’umutoza Michael Carrick wahawe ikipe nyuma yo kwirukanwa kwa Ruben Amorim.

The Red Devils yafashe umwanya wa kane n’amanota 35, mu gihe Manchester City yananiwe kugabanya ikinyuranyo cyayo na Arsenal, iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 43 irushwa atandatu na The Gunners ya mbere.

Bernardo Silva azamukana umupira
Antoine Semenyo agerageza guhindura umupira imbere y'izamu
Bryan Mbeumo yishimira igitego cya mbere yatsinze muri Manchester Derby
Patrick Dorgu yishimira igitego cya kabiri yatsinze
Abakinnyi ba Man Utd bishimira intsinzi
Manchester United yageze ku mwanya wa kane
Michael Carrick yatsinze umukino we wa mbere asubiranye Man Utd

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages