00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Manchester United yemeye kugumana Umutoza Ten Hag

Yanditswe na IGIHE
Kuya 12 June 2024 saa 10:38
Yasuwe :

Inama y’ubuyobozi ya Manchester United yafashe icyemezo cyo kugumana Umutoza Erik ten Hag ndetse hagiye gukurikiraho ibiganiro byo kumwongerera amasezerano dore ko asigaje umwaka umwe gusa.

Mbere y’umukino wa nyuma wa FA Cup wabaye ku wa 25 Gicurasi, hari amakuru yavugaga ko Manchester United itazakomezanya na Erik ten Hag hatitawe ku cyari kuwuvamo.

Nyuma yo gutwara iri rushanwa atsinze Manchester City ibitego 2-1, Manchester United yatangiye gusuzuma umusaruro w’uyu mutoza w’Umuholandi.

Ku wa Kabiri, iyi kipe yanzuye ko izagumana na Ten Hag ndetse hagiye gukurikiraho ibiganiro byo kumwongerera amasezerano dore ko ayo asanganywe yinjiye mu mwaka wa nyuma.

Manchester United yari yatangiye gutekereza ku bandi batoza barimo Thomas Tuchel, Mauricio Pochettino, Graham Potter, Thomas Frank, Roberto de Zerbi na Gareth Southgate utoza u Bwongereza.

Ten Hag wageze i Manchester mu 2022, yari amaze iminsi ari mu biruhuko muri Ibiza.

Manchester United yabaye iya munani mu mwaka w’imikino ushize, ukaba umwanya mubi igize kuva Shampiyona y’u Bwongereza yiswe Premier League.

Gusa, iyi kipe yagize imvune 45 zitandukanye, izakina Europa League mu mwaka w’imikino utaha kuko yatwaye FA Cup.

Manchester United yemeye kugumana Umutoza Erik Ten Hag
Ten Hag yafashije Manchester United kwegukana FA Cup ya 2023 ndetse iyi kipe izakina Europa League mu mwaka w'imikino utaha

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages