00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Manchester United yatsindiye Liverpool muri Thailand

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 12 July 2022 saa 07:11
Yasuwe :

Ikipe ya Manchester United iri kumwe n’umutoza wayo mushya Eric Ten Hag yatsinze Liverpool ibitego 4-0 mu mukino wo kwitegura shampiona ya 2022/2023, wabereye Bangkok muri Thailand.

Jadon Sancho ni we wafunguye amazamu mbere y’uko Fred na Anthony Martial bongeramo bashimangira intsinzi ya United kuri Liverpool.

Facundo Pellistri wo muri Uruguay ni we washyizemo igitego cya kane, umukino uri hafi kurangira.

Imbere y’abafana barenga 50.000 bo muri Thailand, Liverpool yakoze ibishoboka byose kugira ngo yishyure ariko kubera uburangare bwa bamwe mu bakinnyi bayo biba iby’ubusa.

Bamwe mu bakinnyi ba Liverpool bakinnye aribwo bakiva mu biruhuko. Mu bakinnyi babanjemo, United nayo yakoresheje abakinnyi benshi cyane biteganijwe ko aribo izakoresha muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza.

David de Gea yakuyemo ibitego bigera kuri bine bya Liverpool byari byabazwe, harimo kimwe cya Nunez, wari mu ikipe ya kabiri yakoreshejwe na Jurgen Klopp. Harimo kandi n’ikindi cya Salah wakubise igiti cy’izamu mu mpera z’umukino.

Aya makipe yombi yari yahuriye mu mukino wo kwitegura shampiona wabereye muri Thailand. Abatoza bombi kandi bari mu gikorwa cyo kureba bamwe mu bakinnyi bashya baguzwe n’aya makipe.

Manchester United yatangiye igaragaza urwego rukomeye yitegura shampiyona
Manchester United yatsinze Liverpool ibitego 4-0

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages