00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Manchester City yakuye Arsenal ku mwanya wa mbere muri Premier League

Yanditswe na IGIHE
Kuya 23 April 2026 saa 07:23
Yasuwe :

Ikipe ya Manchester City yashyize iherezo ku mezi atandatu Arsenal yari imaze ku mwanya wa mbere muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bwongereza, Premier League, nyuma yo gutsindira Burnley ku kibuga cyayo igitego 1-0.

Igitego rukumbi cyabonetse muri uyu mukino wabereye kuri Turf Moor ku mugoroba wo ku wa Gatatu, cyatsinzwe na Erling Haaland ku munota wa gatanu.

Haaland yateye umupira wafashe igiti cy’izamu ndetse ahusha ubundi buryo butandukanye bwashoboraga guha Man City umutekano hakiri kare, ariko umukino urangira iyi kipe itozwa na Pep Guardiola ibonye intsinzi isa n’igoye.

Gutsinda byatumye City igira amanota 70 ku mwanya wa mbere, iyanganya na Arsenal zinganya ibitego 37 zizigamye, ariko Guardiola n’abakinnyi be binjije ibitego byinshi mu mikino bakinnye.

Ni mu gihe gutsindwa byatumye Burnley imanuka mu Cyiciro cya Kabiri kuko yagumanye amanota 22 ku mwanya wa 19, irushwa amanota 13 n’ikipe ya 16 kandi isigaje imikino ine gusa.

Nyuma y’umukino, Guardiola yagize ati “Wari umukino mwiza mu by’ukuri, ku bw’amahirwe make twahushije uburyo bwinshi. Twugariye neza mu gice cya kabiri. Mu gice cya kabiri twagize ibibazo bike. Ku Cyumweru twakinnye umukino wadusabye byinshi. Ntabwo byoroshye kongera gukina nyuma y’iminsi itatu muri Premier League, ariko twagombaga kugerageza.”

Manchester City imaze imikino 11 ya Shampiyona idatsindwa, izongera gukina umukino wa Premier League tariki 4 Gicurasi, yakirwa na Everton mu gihe ku wa Gatandatu w’iki cyumweru izahura na Southampton muri ½ cya FA Cup.

Mbere yaho, Arsenal yo izakina imikino ibiri ya Premier League irimo uwo izakiramo Newcastle United ku wa Gatandatu n’undi izakiramo Fulham tariki ya 2 Gicurasi. Ariko hagati y’iyo mikino yombi izahuramo na Atlético Madrid muri ½ cya UEA Champions League.

Erling Haaland yatsinze igitego kimwe cyabonetse muri uyu mukino
Erling Haaland yatsinze igitego 23 mu mikino 31 amaze gukina muri Shampiyona y'uyu mwaka
Manchester City yafashe umwanya wa mbere ku nshuro ya mbere kuva Shampiyona y'u Bwongereza itangiye
Gutsindwa byatumye Burnley imanuka mu Cyiciro cya Kabiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages