00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Habimana Sosthène yahawe gutoza Amavubi U15

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 4 October 2023 saa 10:53
Yasuwe :

Habimana Sosthène ’Lumumba’ yagizwe Umutoza w’Amavubi y’Abatarengeje imyaka 15 azakina CECAFA izabera muri Uganda kuva ku wa 21 Ukwakira kugera ku wa 4 Ugushyingo 2023.

Habimana asanzwe ari umutoza wa Musanze FC, ikipe yo mu Majyaruguru iyoboye urutonde rwa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda nyuma y’iminsi itanu imaze gukinwa.

Inshingano yahawe mu Amavubi U15 azazikorana na Bisengimana Justin, usanzwe ari Umutoza wungirije muri Police FC ndetse na Kabalisa Kaliopi usanzwe ari Umutoza w’Abanyezamu ba Mukura Victory Sports.

Lumumba yahawe gutoza Amavubi y’Abato mu gihe Musanze FC abereye umutoza mukuru iri kwitegura imikino ya Shampiyona irimo uzayihuza na APR FC ku wa 6 Ukwakira 2023.

Ni wo wa nyuma azatoza mbere yo kujya mu mwiherero ku wa 9 Ukwakira 2023. Indi mikino irimo izahuza Musanze FC n’amakipe arimo Etincelles FC, Rayon Sports, Muhazi United na AS Kigali izatozwa na Mugiraneza Jean Baptiste ’Migi’, usanzwe ari Umutoza wungirije muri iyi kipe yiyita ’Ingagi Nkuru.’

Umutoza Lumumba yanyuze mu Ikipe y’Igihugu mu bihe bitandukanye yaba iy’Abagore, iy’Abagabo y’Abari Munsi y’imyaka 23 ndetse yanabaye Umutoza wungirije wa Mashami Vincent mu Amavubi makuru y’abagabo.

Lumumba ufite Licence A ya CAF yaciye kandi mu makipe atandukanye arimo SEC Academy, Isonga FC, Rayon Sports, Amagaju FC, Musanze FC, AS Muhanga n’ayandi.

Uretse umwuga w’ubutoza, Lumumba afite Impamyabumenyi y’Icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza mu Icungamutungo yabonye mu 2005.

Habimana Sosthène yagizwe Umutoza w’Amavubi y’Abatarengeje imyaka 15 azakina CECAFA izabera muri Uganda
Mugiraneza Jean Baptiste ’Migi' usanzwe ari Umutoza wungirije wa Musanze FC ni we uzasigarana iyi kipe mu gihe Umutoza Mukuru Lumumba Sosthène azaba adahari

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages