Muri Mutarama 2025, ni bwo Kiyovu Sports FC yari imaze gutandukana na Bipfubusa Joslin kubera kutumvikana ku masezerano y’impande zombi, yahaye akazi Lomami kugira ngo azahure ikipe.
Ni umutoza wafashe ikipe mu bihe bigoye, dore ko yagombaga kuyitoza muri Shampiyona y’u Rwanda by’umwihariko mu mikino yo kwishyura.
Ku bw’amahirwe make yahise ahura n’imikino ibiri ya APR FC na Rayon Sports ziyoboye Shampiyona zinahanganiye iki gikombe, akurikizaho Gasogi United, ibyatumye ahita asezererwa mu ikipe kuko amasezerano yamutegekaga guhita agenda mu gihe yatsindwa imikino itatu yikurikiranya.
Lomami akimara gutandukana n’Urucaca, Vision FC yari irambiwe umusaruro mubi wa Abdou Mbarushimana yahise imusamira hejuru kugira ngo ayifashe kurwana n’ubuzima, imusinyisha amasezerano y’amezi atatu.
Asanze iyi kipe yageze ku mwanya wa nyuma kuko yatsinzwe na Rutsiro FC ibitgo 2-1, mu gihe Kiyovu Sports byanganyaga amanota yatsinze Gorilla FC ibitego 3-1 mu mikino y’Umunsi wa 19 wa Shampiyona.
Vision FC ya 16 n’amanota 12 ndetse n’umwenda w’ibitego 16, mu mukino w’Umunsi wa 20 wa Shampiyona y’u Rwanda izahura na Marine FC, mu mukino uzabera mu Karere ka Rubavu.
Lomami ni umwe mu bamaze igihe muri uyu mwuga, aho yanyuze muri Rayon Sports, Gasogi United na Gorilla FC.




TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!