00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Les Aigles du Congo ishobora gukina na APR FC idafite abakinnyi batatu b’inkingi za mwamba

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 3 September 2026 saa 08:35
Yasuwe :

Ikipe ya FC Les Aigles du Congo izahura na APR FC mu ijonjora rya mbere rya CAF Champions League, ishobora gukina imikino yombi izahuza aya makipe idafite bamwe mu bakinnyi bakomeye igenderaho.

Iyi kipe y’i Kinshasa izabanza kwakira APR FC ku wa 6 Nzeri 2026, mu mukino ubanza uzabera i Lubumbashi, kuri Frédéric Kibassa Maliba Stadium.

Kuri ubu amakuru agezweho muri iyi kipe yerekeje i Lubumbashi kuri uyu wa Kane, ni abakinnyi bayo badahari ndetse batagaragaye mu bahagurukanye na bagenzi babo.

Abo ni Ibrahim Matobo ukina ku ruhande rw’ibumoso mu busatirizi, Esdras Makosi ukina hagati mu kibuga na Helton Kayembe usanzwe ari myugariro wo hagati akaba na Kapiteni w’iyi kipe.

Ubuyobozi bw’iyi kipe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ntiburagira icyo butangaza ku mpamvu zatumye aba bakinnyi batatu batagaragara mu bakinnyi bajyanye n’abandi i Lubumbashi.

Ntiharamenyekana niba ari icyemezo cy’umutoza, ibibazo by’imyiteguro, impamvu z’amasezerano cyangwa niba hari undi murongo w’imikinire iyi kipe iri gutekereza.

By’umwihariko, ikibazo cya Helton Kayembe gikomeje kwibazwaho dore ko uyu myugariro akaba na Kapiteni wa Les Aigles du Congo yari amaze iminsi avugwa mu Ikipe ya SCO Angers yo mu Bufaransa imwifuza.

Nubwo isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi mu Bufaransa ryafunze, kutagaragara kwe mu bakinnyi biteganyijwe ko bazahangana na APR FC byatumye hibazwa byinshi ku hazaza he muri iyi kipe.

Ku rundi ruhande, biteganyijwe ko APR FC izerekeza muri RDC ku munsi w’umukino, ku Cyumweru mu gitondo, ikagenda n’indege yayo yihariye izahita iyisubiza i Kigali nyuma y’umukino.

APR FC yari yasabye Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) ko uyu mukino ubanza utabera muri RDC, ariko iyitera utwatsi inshuro ebyiri zirimo n’ubujurire yari yatanze.

Iyi kipe yatwaye Shampiyona y’u Rwanda yagaragazaga ikibazo cy’umutekano muke n’icyorezo cya Ebola kiri muri RDC nk’impamvu zikomeye zatuma imikino izayihuza na Les Aigles du Congo ibera ahandi.

Les Aigles du Congo yerekeje i Lubumbashi isize abakinnyi batatu igenderaho
Iyi kipe y'i Kinshasa izakira APR FC mu mukino ubanza uzabera i Lubumbashi ku Cyumweru
Ibrahim Matobo ntiyajyanye n'abandi i Lubumbashi
Kapiteni wa Les Aigles du Congo, Helton Kayembe, amaze iminsi yifuzwa n'Ikipe ya Angers yo mu Bufaransa
Esdras Makosi na we yasigaye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages