Ku wa 4 Ukuboza 2025, ni bwo Rhode Island yatangaje ko uyu mukinnyi azakomeza kuyifasha mu gihe cy’amarushanwa ateganyijwe mu bihe bizaza.
Si uyu gusa kuko iyi kipe yongereye amasezerano y’umwaka umwe abandi bagenzi be 19. Abandi bakinnyi batandatu basezerewe muri iyi kipe iri kwitegura umwaka mushya w’imikino wa 2026.
Kwizera w’imyaka 26 ni umwe mu bakinnyi iyi kipe izubakiraho kugeza mu 2028 ubwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hazaba hakinwa uburyo bushya buzajya butuma amakipe azamuka mu Cyiciro cya Mbere, akabisikana n’andi amanuka mu cya Kabiri.
Mu mwaka ushize wa 2024 ubwo Kwizera yageraga muri Rhode Island avuye muri CF Montréal yo muri Canada, yayifashije kuba iya mbere mu Cyiciro cya Kabiri mu gice cyo mu Burasirazuba [Eastern Conference].
Kuri iyi nshuro basezerewe muri ½ bakuwemo na Pittsburgh yabatsinze igitego 1-0.
Kwizera ushobora gukina mu kibuga hagati yugarira cyangwa agasatira, ni umwe mu bafasha Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ mu mikino itandukanye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!