00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

KNC yanenze FERWAFA yamamaje umukino w’Abanya-Sudani

Yanditswe na IGIHE
Kuya 19 November 2025 saa 02:33
Yasuwe :

Perezida w’Ikipe ya Gasogi United, Kakoza Nkuriza Charles (KNC), yavuze ko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda rikwiye gukura rigakora kinyamwuga. Ni nyuma y’uko FERWAFA yamamaje umukino wa Champions League, Al Hilal SC yo muri Sudani izakiramo MC Alger.

Uyu mukino w’Umunsi wa Mbere mu Itsinda C rya CAF Champions League, uzabera muri Stade Amahoro ku wa Gatanu saa Cyenda z’amanywa.

Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, FERWAFA yagize iti “Turamenyesha Abanyarwada bose n’abakunzi b’umupira w’amaguru by’umwihariko, ko ku nshuro ya mbere u Rwanda ruzakira umukino wa CAF Champions League […]. Muzaze muri benshi dufatanye gushyigikira iterambere rya ruhago Nyafurika.”

FERWAFA yakoze ibi mu gihe kuri uwo munsi Gasogi United izaba yakiriye Kiyovu Sports mu mukino wa Shampiyona uzabera kuri Kigali Pelé Stadium ndetse ntibyashimishije Perezida wayo, Kakoza Nkuriza Charles (KNC), wagaragaje ko atumva uburyo iri Shyirahamwe ribikora ku yindi ikipe itari Amavubi.

Ati “Ntekereza ko FERWAFA yakabaye itanga amatangazo ku Ikipe y’Igihugu kuko iby’ikipe biyireba ku giti cyayo. Icya kabiri, nkanjye mba mu muryango w’abahanzi, twagiye dukora ibitaramo hari ibindi nk’umunani kandi byose bikitabirwa. Uyu munsi simbona impamvu dukwiriye guhangayikishwa n’uko hari undi mukino. Abakunzi ba Gasogi United b’ukuri bagomba kuyijya inyuma, aba Kiyovu b’ukuri bakayijya inyuma.”

Muri aya magambo yavugiye kuri Isibo FM, KNC yashimangiye ko “Federasiyo yacu ikwiye gukura ikava mu bintu by’abatarabigize umwuga, ikamenya inshingano zayo n’iz’ikipe.”

Ati “Gusa twe ntacyo bidutangajeho, byari kumbabaza iyaba ari Rwanda Premier League yabikoze. Bashobora kuba babikoze mu rwego rwa politiki, ariko bavane politiki mu mupira w’amaguru. Ntabwo iri gahunda y’ububanyi n’amahanga. Ikipe ishobora gukoresha uburyo butandukanye bwo gutumanaho yamamaza, igakoresha imbuga nkoranyambaga ibwira abafana kuza.

“Ntabwo mbarenganya, birashoboka ko batazi ibyo bakoze. Ndabivuga mu Cyongereza kugira ngo babyumve neza. Ntabwo mbitindaho ariko birasekeje.”

Al Hilal SC na El-Merrikh zombi zo muri Sudani, zasabye gukina muri Shampiyona y’u Rwanda ariko kugeza ubu zitaracyategereje uburenganzira bw’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF).

Kubera iyi mpamvu yo gukina mu Rwanda, Al Hilal yatanze ikibuga cya Stade Amahoro nk’icyo izajya yakiriraho imikino yayo muri CAF Champions League.

KNC yagaragaje ko kuba FERWAFA yamamaje umukino wa Al Hilal SC ari ukuvanga politiki n'umupira w'amaguru

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages