Uyu ni umukino wa mbere ufungura umwaka w’imikino wa 2026/27, ikaba ari yo mpamvu amakipe yombi yatangiye asa n’ayigana cyane, ariko bigaragara ko amenyeranye, ibyatumaga intangiriro zawo zikomera.
Igice cya mbere nta kipe yarebye mu izamu, mu cya kabiri Umutoza mushya wa Kiyovu Sports, Harrison Mark Simon, akora impinduka akura mu kibuga Bukuru Christophe ashyiramo Haban Kagayo.
Muri iki gice Joseph Sackey yeretswe ikarita y’umutuku nyuma yo gukorera ikosa Nsanzimfura Keddy ku munota wa 48, yihanira ikosa ariko umupira unyura hejuru y’izamu.
Nyuma y’iminota ine gusa, Byiringiro David yafashe umupira n’ukuboko hafi y’umusifuzi wungirije, Mugabo Eric, ahabwa ikarita ya kabiri y’umuhondo, ivamo umutuku asohorwa mu kibuga.
Aya makipe akibona amakarita, James Desire Bienvenue, wabaye Umunyezamu mwiza w’Umwaka wa 2025/26, yarwanye kuri Kiyovu Sports, kugeza akuyemo imipira itatu yabazwe kugeza ku munota wa 75.
Ku munota wa 90 w’umukino, Abumuremyi yakoreye ikosa Mugisha Didier mu rubuga rw’amahina, Uwikunda Samuel ahita atanga penaliti, uyu rutahizamu mushya wavuye muri Rayon Sports yatijwemo na Police FC, arayiterera ahita ashyira umupira mu izamu.
Urucaca rwageze ku mukino wa nyuma wa FERWAFA Turbo King Super Cup 2026, izahura n’ikipe iva hagati ya Rayon Sports na Police FC. Umukino wa nyuma uzaba ku Cyumweru, tariki ya 30 Kanama 2026.
Amafoto: Umwari Sandrine



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!