00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kiyovu Sports yageze ku mukino wa nyuma wa FERWAFA Turbo King Super Cup 2026 (Amafoto)

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 27 August 2026 saa 06:42
Yasuwe :

Kiyovu Sports yatsinze Mukura VS mu mukino wa 1/2, igera ku mukino wa nyuma wa FERWAFA Turbo King Super Cup 2026. Ni umukino w’ishiraniro wabereye kuri Kigali Pelé Stadium, kuri uyu wa Kane, tariki ya 27 Kanama 2026.

Uyu ni umukino wa mbere ufungura umwaka w’imikino wa 2026/27, ikaba ari yo mpamvu amakipe yombi yatangiye asa n’ayigana cyane, ariko bigaragara ko amenyeranye, ibyatumaga intangiriro zawo zikomera.

Igice cya mbere nta kipe yarebye mu izamu, mu cya kabiri Umutoza mushya wa Kiyovu Sports, Harrison Mark Simon, akora impinduka akura mu kibuga Bukuru Christophe ashyiramo Haban Kagayo.

Muri iki gice Joseph Sackey yeretswe ikarita y’umutuku nyuma yo gukorera ikosa Nsanzimfura Keddy ku munota wa 48, yihanira ikosa ariko umupira unyura hejuru y’izamu.

Nyuma y’iminota ine gusa, Byiringiro David yafashe umupira n’ukuboko hafi y’umusifuzi wungirije, Mugabo Eric, ahabwa ikarita ya kabiri y’umuhondo, ivamo umutuku asohorwa mu kibuga.

Aya makipe akibona amakarita, James Desire Bienvenue, wabaye Umunyezamu mwiza w’Umwaka wa 2025/26, yarwanye kuri Kiyovu Sports, kugeza akuyemo imipira itatu yabazwe kugeza ku munota wa 75.

Ku munota wa 90 w’umukino, Abumuremyi yakoreye ikosa Mugisha Didier mu rubuga rw’amahina, Uwikunda Samuel ahita atanga penaliti, uyu rutahizamu mushya wavuye muri Rayon Sports yatijwemo na Police FC, arayiterera ahita ashyira umupira mu izamu.

Urucaca rwageze ku mukino wa nyuma wa FERWAFA Turbo King Super Cup 2026, izahura n’ikipe iva hagati ya Rayon Sports na Police FC. Umukino wa nyuma uzaba ku Cyumweru, tariki ya 30 Kanama 2026.

Joseph Sackey wa Mukura VS yishyushya
Abakinnyi ba Mukura VS bishyushya mbere yo gukina na Kiyovu Sports
Harerimana Abdulaziz wa Kiyovu Sports yabanje hanze
Richard Kirongozi wa Kiyovu Sports ari kwishyushya
Abasifuzi b'umukino bifotozanya na ba kapiteni b'amakipe yombi
Abakinnyi 11 Kiyovu Sports yabanje mu kibuga
Abakinnyi 11 Mukura VS yabanje mu kibuga
Uwikunda Samuel ni we wayoboye umukino
Niyonkuru Sadjat wa Mukura VS na Mbonyingabo Regis wa Kiyovu Sports bahanganiye umupira
Uwimana Yakubu wa Kiyovu Sports ashaka gutwara umupira neza nta gihunga
Amakipe yombi yahanganye mu gice cya mbere
Richard Kilongozi yafashije cyane Kiyovu Sports muri uyu mukino
Umunyezamu wa Kiyovu Sports, James Desire, yakuyemo imipira myinshi yabazwe
Irushanwa ryabonye umuterankunga mushya ucuruza ibinyobwa kuri stade
FERWAFA Turbo King Super Cup yakinwe n'amakipe yitwaye neza muri shampiyona ya 2025/26
Kiyovu Sports yageze ku mukino wa nyuma wa FERWAFA Turbo King Super Cup 2026
Uwimana Yakubu wa Kiyovu Sports ari kugerageza kugarira
Freedom Mungudit wa Mukura VS ari kwihutana umupira
Freedom Mungudit wa ari gukura umupira kuri Uwimana Yakubu
Uwikunda Samuel yereka ikarita itukura Joseph Sackey
Nsanzimfura Keddy wa Kiyovu Sports yakiniwe nabi na Joseph Sackey
Joseph Sackey wa Mukura VS asohoka mu kibuga nyuma yo kwerekwa umutuku
Byiringiro David wa Kiyovu Sports yakoze umupira n'intoki bimuviramo ikarika itukura
Byiringiro David asohoka mu kibuga nyuma yo kwerekwa ikarita y'umutuku
Mugisha Didier yatsinze igitego kuri penaliti
Mugisha Didier ni we watsinze igitego rukumbi cyinjiye mu mukino
Abakinnyi ba Kiyovu Sports bishimira intsinzi
Kiyovu Sports yatsinze igitego ku munota wa nyuma

Amafoto: Umwari Sandrine


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages