Uyu mukino w’Umunsi wa 26 wa Shampiyona wabereye kuri Kigali Pelé Stadium kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 3 Mata 2026.
Ni wo mukino wa mbere Kiyovu Sports yakinnye idafite umutoza Haringingo Francis werekeje muri mukeba Rayon Sports, aho kuri ubu ibyabo biri mu manza.
Iyi kipe yambara icyatsi n’umweru yatojwe na Sebarera Ayubu Khaliru usanzwe ari Umutoza Wungirije, ariko utagize byinshi ahindura mu bakinnyi bari basanzwe babanza mu kibuga.
Kiyovu Sports yabonye uburyo bw’igitego ku mupira Uwineza René yazamukanye neza ku ruhande rw’iburyo, awuhinduye mu rubuga rw’amahina usanga Uwiyaremye Fidali ahagaze neza, ariko awuteye atawuhagaritse uca iruhande rw’izamu.
Sandja Bulaya na we yabonye amahirwe y’igitego, ateye mupira uca hejuru y’izamu gato mu gihe na Rukundo Abdourahmani yinjiranye umupira mu rubuga rw’amahina akawutera ku ruhande.
Byasabye gutegereza umunota wa 60, Rukundo Abdourahmani afungura amazamu ku mupira yateye uvuye kuri Kazindu Guy wawukuyeho nabi nyuma y’ishoti ryatewe na Sandja Bulaya.
Habura iminota itatu ngo umukino urangire, Uwiyaremye Fidali yashimangiye intsinzi ya Kiyovu Sports ubwo yasigaga ba myugariro ba Gasogi United, aroba umunyezamu Ndagijimana Léandre nyuma yo guhabwa umupira mwiza na Bukuru Christophe.
Gutsinda uyu mukino byatumye Kiyovu Sports ifata umwanya wa kane n’amanota 42, irushwa amanota 12 na Al-Hilal SC ya mbere.
Ni mu gihe Gasogi United yari imaze imyaka itanu idatsindwa na Kiyovu Sports, yagumanye amanota 26 ku mwanya wa 12, ni ukuvuga amanota atanu hejuru y’umurongo utukura.
Amafoto: Umwari Sandrine



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!