00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ndatimana wa Gorilla FC yasutse ibitamenyekanye mu kibuga mbere yo guhura na Rayon Sports (Amafoto)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 22 April 2026 saa 11:12
Yasuwe :

Umwe mu bashinzwe ibikoresho by’Ikipe ya Gorilla FC, Ndatimana Olivier, yasutse ibisa n’ifu ndetse bimeze nk’ibivanze n’amasaka mu kibuga cya Kigali Pele Stadium mbere y’uko bahura na Rayon Sports kuri uyu wa Gatatu.

Gorilla FC yari yakiriye Rayon Sports mu mukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro watangiye Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba.

Mbere y’uko utangira, Gorilla FC ni yo yageze mu kibuga mbere itangira gutegura aho abakinnyi bayo baza kwishyuhiriza.

Umwe mu basore bashinzwe ibikoresho byayo, Ndatimana Olivier, yahise agenda akura ibintu mu mufuka akabinyanyagiza mu kibuga, ndetse mu byari bibigize harimo n’amasaka.

Benshi mu babibonye babihuje n’imyemerere ikunze kugaragara mu mupira w’amaguru mu Rwanda n’ahandi ku Isi, izwi nk’amarozi.

Muri Rwanda Premier League hari itegeko rihana ikorwa ry’imigenzo nk’iyi ku kibuga, ariko Igikombe cy’Amahoro cyo gitegurwa na FERWAFA kandi nta muntu wa hafi uzwi wahaniwe gukora ibikorwa nk’ibi.

Uyu mukino ubanza w’Igikombe cy’Amahoro warangiye ari igitego 1-1.

Kanamugire Roger wa Gorilla FC yafunguye amazamu ku munota wa cyenda, igitego cyishyurwa na Ndayishimiye Richard mu minota y’inyongera y’igice cya mbere.

Amakipe yombi azahurira mu mukino wo kwishyura uzaba mu cyumweru gitaha.

Amafoto agaragaza uyu mukozi wa Gorilla FC asuka ibintu mu kibuga:

Amafoto: Umwari Sandrine

Video: Ndacyayisenga Emmanuel


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages