00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kévin Monnet-Paquet yiteguye gukinira Amavubi

Yanditswe na Kabera Haruna
Kuya 26 August 2020 saa 08:31
Yasuwe :

Rutahizamu wa Saint Etienne ikina mu Cyiciro cya Mbere mu Bufaransa, Kévin Monnet-Paquet, yavuze ko yiteguye gukinira Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ mu gihe cyose umutoza yamwifashisha.

Kuva afite imyaka 24 mu 2012, rutahizamu Kévin Monnet-Paquet yasabwe gukinira u Rwanda, ariko abyemera mu Ugushyingo 2018.

Gusa uyu mukinnyi ntiyigeze abona amahirwe yo kwambara umwenda w’Ikipe y’Igihugu mu myaka ibiri ishize kubera imvune yagiye ahura nazo.

Mu kiganiro yagiranye na B&B FM- Umwezi, Kévin Monnet-Paquet, yavuze ko yababajwe no kuba mu gihe yiteguraga kuza gukinira ikipe y’igihugu afitemo inkomoko, yahise agira imvune mu ivi mu mukino ikipe ye yakinnye na Paris Saint-Germain muri Gashyantare 2019.

Ati “Ni byo ni ukuri ko abatoza b’u Rwanda banyegereye kenshi ariko nabonaga bidafite umurongo uhamye , mu 2018 mu kiganiro na Radio RMC Sports babimbajijeho.”

“Ni inzozi zanjye gukinira ikipe y’igihugu. Ntako byaba bisa kuri njye gukinira u Rwanda. Mpaheruka mu 1993, byanezeza kuhagaruka. Ikibazo nahise mvunika biransaba gusubira mu bihe byanjye byiza ariko simbona impamvu n’imwe yatuma bitazaba.”

Abajijwe niba yiteguye kuzakinira Amavubi mu mikino y’amatsinda yo gushaka itike ya CAN 2022 mu Ugushyingo, Kévin Monnet-Paquet yavuze ko igihe cyose umutoza yamwifashisha yiteguye kwitabira ubutumire ariko bizaterwa n’uko imvune ye izaba imeze.

Ati ”Mu by’ukuri narabikurikiranye ndabizi ko amajonjora agiye kugaruka gusa nk’uko nabikubwiye mbere nkirutse imvune ebyiri zikomeye niba kuva ubu kugeza icyo gihe nzaba niyumva nk’uwakina imikino myinshi ikurikiranye ntakizambuza kuza.”

Kévin Monnet-Paquet yaboneye izuba i Bourgoin-Jallieu hafi y’Umujyi wa Lyon, tariki 19 Kanama 1988. Se ni Umufaransa na ho nyina akomoka mu Rwanda.

Ubwo yari afite imyaka ine, Monnet-Paquet yaje mu Rwanda ahamara imyaka ibiri mbere yo kwerekeza muri Togo aho se yari amaze kubona akazi ari na ho yatangiriye amashuri abanza mbere yo gusubira mu Bufaransa.

Kévin Monnet-Paquet w'imyaka 32, avuga ko yiteguye gukinira Amavubi
Hagiye gushira imyaka ibiri Kévin Monnet-Paquet yemeye gukinira u Rwanda ariko ntarahamagarwa kubera imvune

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages