00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kera kabaye Rayon Sports yaguze Muhoza Daniel

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 27 June 2026 saa 06:52
Yasuwe :

Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije rutahizamu w’imyaka 18, Muhoza Daniel wakiniraga Etoile de l’Est, imuha amasezerano y’igihe kirekire.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 26 Kamena 2026, ni bwo Gikundiro yemeje ko yasinyishije uyu musore, mu gihe ari umwe mu bo yashatse gusinyisha hakiri kare.

Imwe mu mpamvu zatumye iyi kipe itinda gutangaza uyu mukinnyi, harimo kuba yari akiri gukurikirana amasomo ye no kubanza kumenya ko Rayon Sports izamushakira ishuri azakomerezamo amasomo ye.

Nyuma yo kubitunganya agahabwa amasezerano y’igihe kirekire, Rayon Sports yagize iti “Twishimiye gutangaza ko twasinyishije umukinnyi w’impano y’ejo hazaza, Muhoza Daniel. Yasinye amasezerano y’igihe kirekire, bigaragaza intangiriro y’ikiragano gishya mu ikipe.”

Muhoza wakiniraga Etoile de l’Est akayifasha kugira ngo izamuke mu Cyiciro cya Mbere mu mwaka utaha wa 2026/27, bivugwa ko yasinye imyaka itatu ari umukinnyi wa Rayon Sports.

Mu mwaka ushize w’imikino ubwo yakinaga mu Cyiciro cya Kabiri, yatsinze ibitego 13, anatanga imipira 11 ivamo ibindi bitego.

Uyu asanze Rayon Sports yaramaze gutangaza abandi bakinnyi barimo Antonio Atisso Kodjo wo muri Togo, Nizeyimana Mubarak, Nkundimana Fabio, Charles Tchouplaou, Matumona Kanda Abbel, Nisingizwe Christian, Nshuti Didier na Ndayishimiye Didier.

Muhoza Daniel ni umukinnyi mushya wa Rayon Sports
Muhoza Daniel yitwaye neza muri Etoile de l'Est

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages