00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kera kabaye Neymar yasubiye mu kibuga

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 22 October 2024 saa 08:19
Yasuwe :

Umunya-Brésil, Neymar Santos Júnior yongeye gusubira mu kibuga nyuma y’umwaka urenga ari hanze kubera ikibazo cy’imvune yo mu ivi yagize bidaciye kabiri ageze muri Al Hilal SFC.

Neymar yongeye kugaragara mu mukino ukomeye w’irushanwa rihuza amakipe akomeye muri Asia, wari wahuje ikipe ye na Al Ain FC yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu wabaye mu ijoro ryo ku wa Mbere, tariki ya 21 Ukwakira 2024.

Uyu mukinnyi w’imyaka 32, ni umwe mu batunguranye mu 2023 ubwo yavaga muri Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa yerekeza muri Al-Hilal y’Ikigo cy’Ishoramari muri Arabie Saoudite (Public Investment Fund- PIF), cyamutanzeho miliyoni 78£.

Icyo gihe yahise akina imikino itanu yonyine, mu gihe yari yitabiriye imikino y’Ikipe y’Igihugu ya Brésil, ahita agira imvune yatumye amara hanze iminsi 369.

Mu mukino we wa gatandatu ntiyabanje mu kibuga kuko yasimbuye ku munota wa 77, ndetse ikipe ye ibona amanota atatu ku bitego 5-4 nubwo nta na kimwe cye kirimo.

Ni umukino wari witabiriwe n’ababyeyi be, umukunzi we Bruna Biancardi n’umukobwa wabo Mavie.

Amasezerano ye n’iyi kipe ateganyijwe kurangira mu mwaka utaha w’imikino, ariko nk’uko yabiciyeho amarenga mu mwaka ushize, ashobora kuyongera kuko yavuze ko acyifuza gukomeza gukina umupira w’amaguru.

Neymar yakinnye umukino wa gatandatu kuva yagera muri Al-Hilal
Neymar yari yaravunitse mu ivi
Neymar yishimiye gusubira mu kibuga nyuma y'umwaka umwe afite imvune
Neymar ashobora kongera amasezerano muri Al-Hilal atigeze akinira nk'uko abyifuza
Neymar yasimbujwe ku munota wa 77

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages