00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kera kabaye Al Hilal SC na Al Merrikh SC zemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 19 November 2025 saa 05:20
Yasuwe :

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yemereye Al Hilal SC na Al Merrikh SC zo muri Sudani gukina muri Shampiyona y’u Rwanda.

Ni icyemezo CAF yafashe nyuma y’Inama ya Komite Nyobozi y’iyi mpuzamashyirahamwe yateranye ku wa Gatatu, tariki ya 19 Ugushyingo 2025.

Aya makipe yo muri Sudani yasabye uburenganzira Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), kugira ngo akine muri Shampiyona y’u Rwanda, dore ko umutekano mu gihugu zikomokamo utifashe neza.

Kuri ubu, aya makipe yemerewe kwitabira Shampiyona y’u Rwanda aho amakuru avuga ko zishobora kuzatangira gukina ku Munsi wa Cyenda.

Al Hilal SC ikomeje kwitegura imikino y’amatsinda ya CAF Champions League, aho izakira MC Alger ku wa Gatanu, tariki ya 21 Ugushyingo 2025, saa Cyenda kuri Stade Amahoro.

Ni mu gihe Al Merrikh SC yo nta marushanwa nyafurika irimo bityo itegereje shampiyona.

Al Hilal SC ni imwe mu makipe yitezwe muri Shampiyona y'u Rwanda
Al Hilal SC iheruka gutsinda ibitego 2-0 mu mukino wa gicuti
Al Merrikh SC itozwa na Darko Novic wanyuze muri APR FC yemerewe gukina Rwanda Premier League

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages